Charles Mwesigwa, uzwi cyane ku izina rya “Abbey”, yatawe muri yombi mu Mujyi wa Dubai nyuma y’iperereza ryihariye rya BBC Eye Investigations ryamugaragaje nk’uyoboye urusobe rw’icuruzwa ry’abagore mu duce tugezweho muri uwo mujyi.

 

Mwesigwa yafatiwe muri Central Prison Centre i Al Awir nk’uko byemejwe n’urugereko rw’amategeko rwa Dubai. Ku rwego mpuzamahanga, Interpol Uganda yari yamushyiriyeho impapuro zisaba inzego z’umutekano z’isi yose kumufata no kumushyikiriza ubutabera.

 

 

Mu mashusho yafashwe n’umunyamakuru wigize nk’utegura ibirori, Mwesigwa yiyemereye ko ashobora gutanga abakobwa ku madolari 1,000. Yavugaga ko abo bagore bashobora gukora ibyo abakiriya bose bifuza, kandi yigaragaje nk’uwahoze ari umushoferi wa bisi i Londres.

 

Iperereza rya BBC ryerekanye uburyo abakobwa benshi bakomoka muri Uganda boherezwaga muri Dubai babwirwa ko bagiye kubona akazi mu mahoteli cyangwa mu masoko, ariko bagasanga barashutswe bagashyirwa mu buraya. Abenshi muri bo bagurishwaga amafaranga bakabwirwa ko bagomba kuyishyura banyuze mu gukora imibonano mpuzabitsina.

 

 

Umwe mu bakobwa bitwa “Mia” (izina ryahinduwe ku bw’umutekano), yavuze ko hari abakiriya basabaga gukora ibikorwa biteye isoni, nko kubahumanya mu buryo bukabije, bigatuma babaho mu buzima bubi cyane.

 

 

Iperereza kandi ryagaragaje ko abagore babiri bakoranaga na Mwesigwa, Monic Karungi na Kayla Birungi, bapfuye baguye mu nzu ndende. Polisi ya Dubai yavuze ko biyahuye ariko inshuti n’imiryango yabo basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse.

Ambasade ya Uganda muri Abu Dhabi yemeje ko iperereza ku byaha by’ihohoterwa ry’abantu rigikorwa kandi ko hari ibikorwa bifatika byafashwe n’inzego z’UAE. Mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, iyi dosiye yasuzumwe mu cyumweru gishize, aho bamwe mu badepite bayise “ibabaje cyane” bakiyemeza gufatanya na Interpol mu kwegereza ubutabera abagize uruhare muri ibi bikorwa.

Mwesigwa we yahakanye ibyo aregwa, avuga ko yari umuntu usanzwe utumira abakire mu birori, kandi ko ari byo byatumaga abagore benshi bamukurikira. Yagize ati: “Njye ndi umuntu w’imyidagaduro gusa, nta ruhare mbifitemo uretse kuba nzi abantu benshi.”

Iyi dosiye igaragaza uburemere bw’ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu mu Karere ka Afurika n’Abarabu, ikerekana uburyo abagore b’abanyantege nke bashukishwa iby’akazi bagahindurwa abacakara b’igitsina. Inzego za Uganda na UAE zikomeje gukurikirana iki kibazo, mu gihe imiryango y’abahuye n’ingaruka isaba ubutabera.