Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yahaye abaturage isezerano ry’uko mu gihe cya vuba azatangiza ibitero byo kwisubiza ibice byose M23 igenzura, birimo n’imijyi ya Goma na Bukavu.

 

Ni ubutumwa Tshisekedi yatanze abinyujije muri Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyepfo wo ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, Jean-Jacques Pulusi.

 

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Mutarama ni bwo Pulusi wari warahungiye mu mujyi wa Baraka ubwo mu kwezi gushize M23 yafataga Uvira yatahutse, nyuma y’uko ziriya nyeshyamba zifashe icyemezo cyo kuva muri uwo mujyi zigasubira inyuma.

 

 

Guverineri Pulusi mu butumwa yahaye abaturage akigera muri Uvira, yavuze ko Perezida Tshisekedi yamusabye kubwira abaturage ko Leta iri hafi kwisubiza ibice byose yambuwe na M23.

 

 

Ati: “Hari benshi biciwe hano, abandi bari mu nkambi z’impunzi; ariko umukuru w’igihugu yarambwiye ati ‘genda ubwire abaturage ko vuba aha tuzarwana, nyuma ya Uvira ni Kamanyola. Nyuma ya Kamanyola tuzafata Bukavu, Goma, Bunagana n’ahandi’.”

 

Pulusi yaboneyeho kwirinda “kugwa mu mutego w’umwanzi”, ahubwo bakarangwa n’ubumwe hagati yabo.

Ati: “Ntimukagwe mu mutego w’umwanzi. Gutera abanyamulenge, kwica abanyamulenge no kubatoteza ibyo ni umukino w’umwanzi. Abandandi, Abavila, Abaluba, Abanyamulenge, Abashi, Abafunyulu twese turi abana baturuka ku Mana imwe no kuri Papa umwe, Papa Tshisekedi Tshilombo.”

 

 

Uyu mugabo kandi yasabye aturage kubwira Abanyamulenge bahunze Umujyi wa Uvira gutahuka bagasubira mu ngo zabo, ngo kuko nta wuzongera kubatoteza.

 

Yijeje kandi ko mu gihe cya vuba imipaka ihuza Congo Kinshasa n’u Burundi izongera gufungurwa, nyuma y’igihe yarafunzwe.