Umudugudu wa Lukoma, uherereye hagati ya Kikamata 1 na Buhendje, muri Gurupoma ya Luberike (Teritwari ya Walikale) muri Kivu y’Amajyaruguru, warasahuwe urezwa burundu ku Cyumweru, itariki ya 21 Nzeri, usahuwe n’inyeshyamba za Wazalendo, nk’uko bitangazwa na ACTUALITE.CD.
Amakuru yatanzwe n’abaturage, avuga ko abasahuzi bitwaje imbunda, bahageze mu gitondo mu gihe abaturage biteguraga kujya mu gusenga. Batarashe isasu na rimwe, batangiye gusahura ibintu by’abaturage.
Abasahuwe bavuga ko abateye, bakekwaho kuba mu mutwe witwaje intwaro wa Mouvement d’Actions pour le Changement (MAC), bagiye mu nzu ku yindi, batwara ikintu cyose bahisemo.
Aya makuru yemejwe n’abantu batandukanye barimo abayobozi gakondo, bongeraho ko n’abagenzi banyuraga muri Lukoma igihe ibyo byabaga nabo bambuwe ibyo bafite.
Abamotari batwaye ibicuruzwa bivuye muri Goma berekeza Walikale nabo baguye mu maboko y’abo barwanyi.
Bivugwa ko imitwe myinshi yitwaje intwaro ikorera muri kariya gace, irimo MAC, UHURU, APCLS, NDC-R, RAIYA KUJIGOMBOA, na M23.
Abatuye muri kariya gace k’Umurenge wa Wanianga, bagaragaza impungenge z’umutekano wabo mu gihe bakikijwe n’iyo mitwe yitwaje intwaro yose igaragara muri kariya gace.