banner

Zelensky yigaramye miliyari 200$ Trump avuga ko Amerika yahaye igihugu cye

Perezida Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko atazi aho Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yakuye iby’uko iki gihugu cyahaye Ukraine inkunga ya miliyari 200$, avuga ko niba byaranabaye atazi irengero ry’ayo mafaranga.

 

Perezida Zelensky yavuze ko igihugu cye cyahawe inkunga ya miliyari 76$ gusa, binyuze mu bufasha bwa gisirikare n’ubundi butandukanye.

 

Trump wagaragayeho kunenga cyane uburyo Joe Biden yitwaraga mu ntambara y’u Burusiya na Ukraine, mu kwezi gushize yumvikanye asaba ibihugu bigize NATO n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kongera inkunga yabyo kugira ngo ingane n’iyo Amerika itanga.

 

Ati “Twatanzemo miliyari 200$ kurusha EU. Ese twe turi injiji?”

 

Umwaka ushize na bwo Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, J.D. Vance, yari yavuze ko “Ubu tumaze gutanga miliyari 200$. Intego ni iyihe? Twifuza kugera kuki?”

 

Inkuru Wasoma:  Ukraine: Abafite uburwayi bwo mu mutwe bari kwinjizwa mu gisirikare

Ku wa 2 Gashyantare 2025 mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Associated Press, Perezida Zelensky yavuze ko Ukraine itigeze ibona na kimwe cya kabiri cy’ayo mafaranga avugwa.

 

Ati “Iyo bavuze ko Ukraine yahawe miliyari 200$ yo gufasha igisirikare mu ntambara si byo. Sinzi aho ayo mafaranga yose yarengeye. Wenda bishobora kuba ku mpapuro bitewe n’imishinga yabo itandukanye, ibyo simbihakana kandi turabishimira cyane. Ariko mu by’ukuri, twahawe miliyari 76$ gusa. Ni inkunga ifatika, ariko si miliyari 200$.”

 

Yavuze ko n’ayo mafaranga abara ko yahawe, amenshi atagiye ayabona kuko hari inkunga yazaga mu buryo bw’ibikoresho bya gisirikare.

 

Mu 2022 Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika yemeje miliyari 175$ nk’inkunga igenewe Ukraine, ariko igice kinini cyayo cyagiye gikoreshwa mu nganda za Amerika no mu bikorwa bitandukanye bya guverinoma ya Amerika bifitanye isano n’intambara.

Zelensky yigaramye miliyari 200$ Trump avuga ko Amerika yahaye igihugu cye

Perezida Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko atazi aho Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yakuye iby’uko iki gihugu cyahaye Ukraine inkunga ya miliyari 200$, avuga ko niba byaranabaye atazi irengero ry’ayo mafaranga.

 

Perezida Zelensky yavuze ko igihugu cye cyahawe inkunga ya miliyari 76$ gusa, binyuze mu bufasha bwa gisirikare n’ubundi butandukanye.

 

Trump wagaragayeho kunenga cyane uburyo Joe Biden yitwaraga mu ntambara y’u Burusiya na Ukraine, mu kwezi gushize yumvikanye asaba ibihugu bigize NATO n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kongera inkunga yabyo kugira ngo ingane n’iyo Amerika itanga.

 

Ati “Twatanzemo miliyari 200$ kurusha EU. Ese twe turi injiji?”

 

Umwaka ushize na bwo Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, J.D. Vance, yari yavuze ko “Ubu tumaze gutanga miliyari 200$. Intego ni iyihe? Twifuza kugera kuki?”

 

Inkuru Wasoma:  Ukraine: Abafite uburwayi bwo mu mutwe bari kwinjizwa mu gisirikare

Ku wa 2 Gashyantare 2025 mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Associated Press, Perezida Zelensky yavuze ko Ukraine itigeze ibona na kimwe cya kabiri cy’ayo mafaranga avugwa.

 

Ati “Iyo bavuze ko Ukraine yahawe miliyari 200$ yo gufasha igisirikare mu ntambara si byo. Sinzi aho ayo mafaranga yose yarengeye. Wenda bishobora kuba ku mpapuro bitewe n’imishinga yabo itandukanye, ibyo simbihakana kandi turabishimira cyane. Ariko mu by’ukuri, twahawe miliyari 76$ gusa. Ni inkunga ifatika, ariko si miliyari 200$.”

 

Yavuze ko n’ayo mafaranga abara ko yahawe, amenshi atagiye ayabona kuko hari inkunga yazaga mu buryo bw’ibikoresho bya gisirikare.

 

Mu 2022 Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika yemeje miliyari 175$ nk’inkunga igenewe Ukraine, ariko igice kinini cyayo cyagiye gikoreshwa mu nganda za Amerika no mu bikorwa bitandukanye bya guverinoma ya Amerika bifitanye isano n’intambara.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

©2021-2024 IMIRASIRE TV Ltd. All Right Reserved

error: Oops!