Perezida wa Ukraine, Vladimir Zelensky, yamaganiye kure igitekerezo cy’intumwa z’u Burusiya mu biganiro bya Istanbul biri guhuza ibihugu byombi, cyo gushyiraho agahenge k’iminsi mike hagamijwe gufata imirambo y’abasirikare baguye ku rugamba no kubashyingura.

 

Mu biganiro byahuje Ukraine n’u Burusiya ku nshuro ya kabiri, byabereye muri Turikiya ku wa Mbere, uhagarariye itsinda ry’u Burusiya muri byo, Vladimir Medinsky, yasabye ko habaho agahenge k’igihe gito mu bice byinshi byabaye isibaniro.

 

Ati “Turashaka uburyo butuma tubasha kwegeranya imirambo ndetse tukanayitanga kugira ngo ishyingurwe mu buryo bwa gikirisitu.”

Yavuze ko ibyo byafasha gutuma hirindwa ko hari ibyorezo byakwirakwizwa bivuye kuri yo, ndetse no gufasha guha icyubahiro abapfuye.

 

Icyo gitekerezo cy’u Burusiya cyamaganiwe kure na Zelensky, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mpuzamaganga n’iry’imbere mu gihugu, avuga ko hakenewe agahenge k’igihe kirekire aho kuba ak’iminsi mike.

 

Yagize ati “[Abarusiya] biteguye kwemera agahenge k’iminsi ibiri cyangwa itatu kugira ngo batware abaguye ku rugamba. Ntekereza ko ari ibicucu.”

Medinsky yari yatangaje ko u Burusiya bwamaze kumenya imirambo y’abasirikare ba Ukraine bagera ku 6000, avuga ko bakoze ibishoboka, bagakora n’ibizamini ndangasano bakamenya abo ari bo.

 

Mu gusubiza kuri ibyo, Zelensky yavuze ko atazi ibyo avuga, amwita umuyobozi uciriritse udasobanukiwe ibintu bya tekiniki, yavuze ko uku guhererekanya imirambo bisanzwe bibaho hagati y’impande zombi bidasabye ko habaho agahenge.

 

Yaboneyeho gusaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushyiriraho u Burusiya ibihano bikarishye, kugira ngo bwemere icyifuzo cya Ukraine cyo gushyira agahenge byibuze k’imnsi 30, kugira ngo ibiganiro biri guhuza impande zombi bibe mu mwuka mwiza.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.