Isiganwa rirakomeza kuri uyu wa Mbere aho abasiganwa bahagurukira mu Rukomo mu karere ka Gicumbi, bagasoreza mu karere ka Kayonza aho baza gusiganwa intera ya kilometero 158 .

 

Kuri iki Cyumweru tariki 23/02/2025 ni bwo hatangiye isiganwa “Tour du Rwanda 2025″, isiganwa mpuzamahanga ry’anagare riri gukinwa ku nshuro ya 17.

 

Kuri uyu munsi hakinwe agace ka Pirologue, agace kakinwe buri mukinnyi asiganwa ku giti cye, hakarebwa ibihe buri wese yakoresheje, ku ntera ya kilometero 3.4.

 

Umunyarwanda Nzafashwanayo Jean Claude ni we wahagurutse mbere y’abandi muri 69 batangiye isiganwa ry’uyu munsi, akaba yakoresheje iminota 4’23″.

 

Muri rusange, isiganwa ry’uyu munsi ryasojwe umubiligi Aldo Taillieu ukinira Lotto Development Team yo mu Bubiligi ari we ukoresheje igihe gito kurusha abandi, aho yakoresheje 3’48”.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.