Ubuyobozi bwa APR FC bwavuze ko butigeze bwifuza kugura Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin, ndetse butazi aho abavuga ko ashobora gukinira iyi kipe babikura.

 

Hashize iminsi mu itangazamakuru ryo mu Rwanda ndetse no mu biganiro by’aba-sportifs hagaruka ingingo yo kuba Muhire Kevin yakwerekeza muri APR FC.

 

Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati afasha abasatira izamu, nta kipe afite uyu munsi nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka umwe yari afite muri Rayon Sports.

 

Umwe mu bayobozi ba APR FC yavuze ko batigeze bifuza uyu mukinnyi ndetse na bo babibona bivugwa mu itangazamakuru.

Ati “Ni ibivugwa n’abantu tutazi aho bituruka. Ntabwo twigeze tumushaka.”

Ku rundi ruhande, Muhire Kevin akunze kubwira inshuti ze ko nubwo yavuze kenshi ko akunda Rayon Sports, ariko na APR FC imwegereye yayikinira.

 

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Active Media, yagize ati “Hari abambonye, hari abanyifuza mu makipe yabo, mfite imbaraga, mu gihe ahandi bankenera nagenda. Ntandukanye na Rayon Sports ntacyo nakwicuza, nyuma yo kumenya umwanzuro wayo ni bwo nzatangaza ibindi byose.”

 

“Iyo ahantu uhita mu rugo bagomba kuguha agaciro, ariko mu gihe batagukeneye uratuza. Aho uvuga ko utazajya barakwegereye, abo ukorera ntibakwegereye, wowe wabigenza ute? Ujya ahari umugati.”

 

Andi makuru avuga ko Muhire Kevin arajwe ishinga no kureba niba yakongera gukina hanze y’u Rwanda, mu gihe ibiganiro arimo n’amakipe atatangaje byaba bigenze neza.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.