Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo , Therese Kayikwamba Wagner kuriĀ iki cyumwe yavugiye kuri televiziyo y’igihugu (RTNC), aho yavuze ko amasezerano yashyizweho umukono ku wa Gatanu i Washington hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi Ya Congo n’u Rwanda yibanzeĀ ku mahoro mu burasirazuba bwa RDC ntago aramasezerano yo kugurisha imitungo y’igihugu nkuko abane gihugu bakomeje ku bivuga.
Therese Kayikwamba Wagner yagize ati:” Iyo habaho icyamunara, iyo biza kuba ari kugurisha nkuko bamwe babivuga nta mutungo wacu twatanga kugirango tugure amahoro kuko ntago amahoro agurwa ahubwo araharanirwa akanakorerwa ku mpande zombi rero ibyo mutekereza ntago iribyo twakoze uyu munsi, igihugu cyacu rero kigomba gutera intambwe tukubahiriza aya masezerano kugirango tubone amahoro arabye muri kano karere nkuko nabisabwe naĀ Perezida Donald Trump.”
Ubundi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda bashyize umukono ku masezerano y’amahoro agamije guhagarika amakimbirane amazi hafi imyaka mirongo itatu. Muri iyo nyandiko ,” Nta ngingo ihari ku bibazo by’ubukungu, ku bibazo bijyanye n’amabuye ya gaciro y’ingenzi. Aya masezerano arasobanutse neza ateganya rwose umusingi w’umwuka mwiza aho dushobora no gutekereza ku kugaruka kw’abashoramari .”
Ariko kuri Patrick Muyaya, Minisitiri w’itumanaho n’umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, abona amasezerano ya DRC n’u Rwanda ni ndunduro y’umuhati mwinshi bari bafite ku gihugu cyabo ariko nano abonako ntarirarenga haracyari byinshi byo gukora.