Ikie Rayon Sport FC ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo guhatana ku rwego rwo hejuru mu mwaka w’imikino wa 2025/2026, aho kuri ubu yamaze gusinyisha rutahizamu ukiri muto w’umunya- Congo witwa Chadrack Bingi Belo . Uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko yasinye amasezerano y’imyaka ibiri, yitezweho kuzamura urwego rw’ubusatirizi bwa Rayon Sports nyuma y’uko iyi kipe ititwaye neza mu gice cy’imbere mu mwaka ushize.
Chadrack Bingi Belo ni rutahizamu wifitemo umuvuduko, imbaraga, ubuhanga bwo gusoza ibikorwa imbere y’izamu, kandi uzi gukoresha amaguru yombi. Akirangiza amashuri yisumbuye mu mugi wa Kisangani muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yerekeje muri FC Mont Blue aho yatsindiye ibitego 11 mu mikino 22 mu mwaka wa 2022-2023. Nyuma yaje kwerekeza mu ikipe ya JS Groupe Bazano yo muri Congo Ligue 1, aho yatsinzemo ibitego 18 mu mikino 34 mu gihe cy’imyaka ibiri, asoza afite ibitgo 29 mu mikino 56 amaze gukina mu makipe abiri akomeye mu gihugu cye.
Kwinjizwa muri Rayon Sport bivuze byinshi kuri uyu musore kuko aje mu kipe y’umurage, ifite abafana benshi kandi igira igitutu cyo gutsinda buri mwaka. Ubuyobozi bwa Rayon Sport bwatangaje ko bwamugiriye icyizere gikomeye nyuma yo kubona imikinire ye, ndetse bugasanga afite ubushobozi bwo kuba rutahizamu w’igihe kirekire. Bamawe mu bafana bamaze kwerekana ko bishimiye uyu mukinnyi, bamugereranya n’abahoze ari ibyamamare muri Rayon Sports barimo Ismaila Diarra na Moussa Camara.


