Ikipe ya APR BBC yongeye kwandika izina ryayo mu mateka ya Basketball yo mu Rwanda, nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2024, itsinze REG BBC mu mukino wa 5 wa kamarampaka (playoffs) ku ijoro ryo ku wa 11 Nyakanga 2025. APR BBC yatsinze uyu mukino bikaba imikino 4 kuri 1, ikaba yahise ishimangira ubukaka bwayo nyuma y’imyaka yari ishize REG iyoboye Basketball y’u Rwanda.
Iri rushanwa ryari riteganyijwe mu mikino 7 ya kamarampaka (best of 7), aho ikipe yagombaga gutsinda imikino 4 mbere y’iyindi ari yo ihita itwara igikombe. APR BBC yatsinze imikino 4 hakiri kare, REG itsinda umwe gusa, bituma iyi kipe y’ingabo z’igihugu yegukana igikombe cy’uyu mwaka idashidikanywaho.
APR BBC (Army Patriotic Rwanda Basketball Club) ni imwe mu makipe akomeye kandi afite amateka ahambaye mu mukino wa Basketball mu Rwanda. Yashinzwe mu mwaka wa 1994 nyuma y’ihagarikwa ry’intambara n’ihagarikwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi. Kuva icyo gihe, yahise yigaragaza nk’ikipe ifite gahunda yo guhangana no guteza imbere impano za Basketball mu gihugu.
Ibihembo APR BBC imaze kwegukana:
- Shampiyona y’u Rwanda: ibikombe 13 APR BBC itwaye muri shampiyona, ikaba ikomeje kuyobora abandi mu kugira ibikombe byinshi.
- East Africa Military Games: APR BBC nayo yigeze guhagararira u Rwanda mu marushanwa y’ingabo zo mu karere, yitwara neza kenshi.
- Zone V Club Championships: Yigeze kugaragara neza mu marushanwa yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, nubwo itari yigeze kwegukana igikombe nyir’izina.
APR BBC yamenyekanye mu myaka ya za 2000 nk’ikipe y’ikigugu, cyane ko ari nayo yareze abakinnyi b’inararibonye nka Kaje Elie, Mugabe Arstide, n’abandi banyuze muri iyo kipe mbere yo gukomeza ahandi. Nyuma y’imyaka REG BBC yari imaze iyoboye basketball, APR BBC yahagurutse byimazeyo mu myaka ibiri ishize, isubiza icyubahiro cyayo nk’ikipe y’umurage n’amateka.
Ikipe ya APR BBC yanyuzemo impinduka zikomeye zirimo kongera gushyira imbaraga mu gutoza abato, gushora imari mu bakinnyi bafite ubunararibonye no guha agaciro imyitozo ya kijyambere. By’umwihariko, umutoza mukuru wayo yagaragaje ubuhanga bwo gucunga imikino ya kamarampaka, atsinda REG BBC yari imaze imyaka yarabaye karundura mu mukino w’intoki.
REG BBC yari imaze imyaka itatu yikurikiranya yegukana igikombe cya shampiyona, ariko uyu mwaka byayinaniranye. Iyi kipe yashinzwe na Rwanda Energy Group, yari ifite abakinnyi b’inararibonye nka Axel Mpoyo, Kendall Gray n’abandi, ariko ntabwo byabahiriye imbere ya APR BBC yari ishize amanga.
APR BBC yegukanye igikombe mu gihe irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) n’andi marushanwa yo mu karere akomeje gutera imbere, bivuze ko iyi ntsinzi ishobora kuba ishingiro ryo kuzagaruka ku ruhando mpuzamahanga.

