Standard de Liège ikinamo Hakim Sahabo yatsinze RAAL La Louvière ikinamo Samuel Gueulette ibitego 2-0, mu mukino wa mbere wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bubiligi.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 26 Nyakanga 2025, hatangiye gukinwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bubiligi [Belgian Pro League], hakinwa imikino ine.
Umwe muri iyo mukino wari utegerejwe ni uwari guhuriramo amakipe abiri afite abakinnyi bakina hagati mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ’Amavubi’. Ayo ni Standard de Liège ya Hakim Sahabo na RAAL La Louvière ya Samuel Gueulette.
Wari umukino wa mbere RAAL La Louvière ikinnye mu Cyiciro cya Mbere, dore ko itike yo kuzamuka yayibonye mu mwaka ushize w’imikino.
Gusa ntabwo intangiriro zayo zagenze neza kuko mu minota itanu y’uyu mukino yari yamaze kwinjizwa igitego cya mbere. Ni igitego cyatsinzwe na Thomas Henry.
Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Marco Ilaimaharitra wa Standard de Liège yinjije igitego cya kabiri ari na cyo cyahesheje intsinzi iyi kipe imenyereye Belgian Pro League.
Hakim Sahabo wongeye kugarurwa muri iyi kipe muri uyu mwaka nyuma y’uko uheruka yari yaratijwe muri Beerschot, yabanje mu kibuga hagati akina iminota 74 mbere y’uko asimbuzwa Ibrahim Karamoko.
Samuel Gueulette na we yahawe umwanya uhagije muri uyu mukino, aba muri 11 babanjemo ariko aza gusimbuzwa Joel Ito ku munota wa 81.
Standard de Liège yahise iyobora urutonde rwa Belgian Pro League by’agateganyo mu gihe hatarakinwa indi mikino, RAAL La Louvière yisanga ku mwanya wa nyuma.
