Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera imikino njyarugamba yo ku rwego rwa Afurika. Ni imikino ya ½ ya ‘Professional Fighters League’ izabera muri BK Arena, ku wa 18 Ukwakira 2025.

 

 

Ishyirahamwe ry’Imikino Njyarugamba ku Isi (Global Association of Mixed Martial Arts- GAMMA), ryatangaje ko u Rwanda ari rwo rutahiwe mu kwakira imikino y’irushanwa riri guhuza abahanga muri Afurika mu mikino njyarugamba.

 

Ni imikino yatangiriye muri Afurika y’Epfo, mu mijyi ya Cape Town na Johannesburg, aho abakinnyi bane babonye itike yo guhatana muri ½, hakaboneka abazakina umukino wa nyuma.

 

Mu Rwanda hazabera imikino ibiri irimo uzahuza Umunya-Nigeria, Patrick Ocheme, uzahangana n’Umunya-Burkina Faso, Abdul Razac Sankara; mu gihe undi uzahuza Umunya-Afurika y’Epfo, Nkosi Ndebele n’Umunya-Zimbabwe, Simbarashe Hokonya.

 

Iyi ni yo mirwano ya mbere ikomeye izaba ibereye mu Rwanda, rukaba igihugu cya mbere cyo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba kizaba kiryakiriye mu mateka.

 

Ubuyobozi bwa Professional Fighters League bwatangaje ko amatike yo kwinjira kuri iyi mikino azatangazwa nyuma, ariko yose ikazanyura kuri SuperSports na Canal+.

 

Abakinnyi bazitwara neza i Kigali, bazerekeza muri Bénin kuko ari ho hazakinirwa imikino ya nyuma.

Umunya-Nigeria, Patrick Ocheme, azashakira i Kigali itike y’umukino wa nyuma

Imikino ya Professional Fighters League riri mu marushanwa akomeye ku Isi

Abakinnyi bakomeye mu mikino njyarugamba muri Afurika bagiye guhanganira i Kigali