APR FC ihagarariye u Rwanda, izongera guhura na Al Hilal Omdurman mu mukino wa ½ cya CECAFA Kagame Cup uteganyijwe ku wa Gatandatu saa Tanu n’Igice z’i Kigali.
Al Hilal yo muri Sudani ni yo yazamutse iyoboye itsinda C n’amanota atanu, nyuma yo gutsinda Kator FC yo muri Sudani y’Epfo ibitego 3-1 kuei uyu wa Gatatu.
Ni mu gihe Mogadishu City yo muri Somalia yasigaye nubwo na yo yatsinze Al Ahly Madani 2-1 ikagira amanota atanu.
APR FC yari imaze iminsi ibiri itegereje ikipe izakina na yo, kuko imikino yo mu Itsinda A yarimo yasojwe ku wa Mbere.
Umukino wa ½ uzayihuza na Al Hilal, wagombaga kuba ku wa Gatanu, wimuriwe ku wa Gatandatu saa Sita n’Igice i Dar es Salaam (na saa Tanu z’i Kigali).
Ni inshuro ya kabiri yikurikiranya Al Hilal na APR FC zihurira muri ½ dore ko n’umwaka ushize aya makipe yari yahuriye ku kibuga cya KMC ubwo APR FC yatsindaga kuri penaliti 5-4 nyuma y’aho amakipe yombi anganyirije ubusa ku busa.
Amakuru ava muri APR FC avuga ko Djibril Ouatarra utarakinnye imikino ibiri iheruka akirwaye, mu gihe Niyigena Clément wagize ikibazo ku mukino wa KMC FC we yatangiye gukora imyitozo yoroheje.
Gusa iyi kipe itegereje abakinnyi batandatu ari bo Denis Omedi, Ronald Ssekiganda, Ishimwe Jean Pierre, Omborenga Fitina, Niyomugabo Claude na Mugisha Gilbert, bose bari bahamagawe mu makipe y’ibihugu.
