Ku mugoroba wo ku wa 22 Nzeri 2025, ikinyamakuru Galaxy cyo muri Uganda cyashyize hanze amashusho n’amajwi agaragaza umuhanzi Weasel asaba ubufasha, avuga ko umugore we Sandra Teta akomeje kumufata nabi.

 

 

Mu majwi yumvikanamo umuborogo, Weasel ashinja Teta ko atigeze amuvuza ukuguru kwe kwangiritse ubwo yamugongaga, kandi agasaba ko yakurwa iwe muri Neverland.

 

 

Muri ayo mashusho, Teta Sandra na we yumvikana abaza inshuro nyinshi icyo yaba yarakoze Weasel, yongera kwibaza impamvu amushinja.

 

 

Ibi biza byiyongera ku makimbirane amaze igihe hagati y’aba bombi. Ubusanzwe, mu 2022, Teta yigeze gutoroka Weasel ajyana abana i Kigali, avuga ko yahohoterwaga.

 

 

Nyuma, mu 2023, Weasel yamusabye imbabazi maze bongera kubana i Kampala. Ariko vuba aha, byongeye gukomera ubwo Teta yakubise imodoka Weasel, bikamuvunira ukuguru. Nubwo icyo gihe Polisi yamufashe, Weasel yaje kumubabarira.

 

 

Nyuma yo kuva mu bitaro, byari byitezwe ko Teta amwitaho, ariko hashize igihe gito havugwa andi majwi agaragaza ko bongeye gushyamirana.

 

 

Teta Sandra yagiye kuba muri Uganda mu 2018, ahita atangira urukundo na Weasel. Ubu bafitanye abana babiri, ariko umubano wabo ukomeje kurangwa n’intonganya n’amakimbirane.