Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamazi, yatangaje ko Polisi ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yatangiye ibikorwa byo gushakisha umusore ukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Kibangu, Akarere ka Muhanga.

 

 

Amakuru avuga ko uwo mwana yabuze ku wa 27 Nzeri 2025, hanyuma akaza kuboneka ku itariki ya 28 Nzeri 2025 ari kumwe n’uwo musore wari waraye amusambanya. Uyu musore yahise atoroka.

 

 

Uyu mwana yabwiye TV1 dukesha iyi nkuru ko yari yagiye muri urwo rugo gusura mushiki w’uwo musore bikaza kurangira umusore amujyanye mu nzu aramufungirana, ndetse aranamusambanya.

 

 

Nyuma yo kuboneka, uwo mwana yahise ajyanwa ku kigo cya Isange One Stop Center ahabwa imiti imurinda gusama ndetse n’iyo kumurinda kwandura virusi itera SIDA.

 

 

CIP Kamazi yavuze ko iperereza rigikomeje kuko uyu muryango wamaze no gutanga ikirego.