Ishyirahamwe rya Ruhago i Burayi (UEFA) ryandikiye amashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Espagne no mu Butaliyani ritanga uburenganzira kuri FC Barcelona na AC Milan kuba zakomeza imyiteguro yo gukinira hanze y’ibihugu byazo.

 

 

Mu ntangiriro z’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, FC Barcelone yandikiye Urwego rwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Espagne (La Liga), isaba ko umukino w’Umunsi wa 17 wa Shampiyona uzayihuza na Villarreal CF yazawakirira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

 

 

Umuyobozi Mukuru w’uru rwego, Javier Tebas, yashimangiye ubu busabe akurikije ko bifuza ko irushanwa ryabo rimenyekana, rikarushaho kwinjiza agatubutse.

 

 

Hadaciye kabiri, Real Madrid yahise yandikira Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA) na UEFA, ivuga ko ibigiye gukorwa bihabanye n’amategeko agenga amarushanwa muri Espagne.

 

 

Ubusabe bwayo bwatewe utwatsi, icyemezo cyo gushyira uyu mukino mu mujyi wa Miami kiremezwa, ndetse ukazakinwa tariki ya 21 Ukuboza 2025.

 

 

Si uyu mukino wonyine washakaga kujya hanze y’igihugu ikipe ikiniramo, dore ko na AC Milan yo mu Butaliyani yasabye ko yakwakirira Como mu Mujyi wa Perth wo muri Australia.

 

 

Ni umukino w’Umunsi wa 24 wa Shampiyona y’u Butaliyani uzakinwa tariki ya 8 Gashyantare 2026.