Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yasubiye inyuma imyanya ine ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), rwasohotse kuri uyu wa Kane, tariki ya 17 Ukwakira 2025, iba iya 131.
Nyuma yo gukina imikino ibiri yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yombi Amavubi akayitsindwa, yatakaje amanota ayisubiza ku mwanya aherukaho muri Nyakanga 2024.
Urutonde rwashyizwe hanze na FIFA rugaragaza ko u Rwanda rufite amanota 1133,5. Ni nyuma y’uko rutsinzwe na Benin igitego 1-0 kuri Stade Amahoro, na Bafana Bafana ikarutsinda 3-0 muri Afurika y’Epfo.
Espagne ni iya mbere ku rwego rw’Isi n’amanota 1875,37, igakurikirwa na Argentine ifite 1870,32. U Bufaransa, u Bwongereza na Portugal biri mu bihugu bitanu bya mbere.
Ibihugu bitanu bya mbere muri Afurika ni Maroc ya 12 ku Isi nyuma yo kumanuka umwanya ibiri, Sénégal ya 18 yagumye ku mwanya yariho, Misiri ya 32 yazamutseho imyanya itatu, Algeria ya 35 yazamutse imyanya itatu na Nigeria ya 41 yazamutse imyanya ine.
Mu bihugu bituranye n’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni iyo iza hafi ya 60 yagumye ku mwanya yariho, Uganda ya 83 yamanutse umwanya umwe, Tanzania ya 107 yagumye ku mwanya yariho, Kenya ya 109 yazamutse imyanya ibiri, mu gihe u Burundi bwa 145 bwamanutseho imyanya ine.
Faroe Islands ni yo yungutse amanota menshi angana na 37,95, Niger izamuka imyanya myinshi (9) iba iya 108 mu gihe u Bugereki bwatakaje imyanya umunani ndetse na Suède itakaza amanota 27,63.
Urutonde rutaha ruzasohoka ku wa 21 Ugushyingo 2025.