Club Brugge yanganyije na FC Barcelone ibitego 3-3, Chelsea inganya na Qarabag FK ibitego 2-2, mu gihe Manchester City yanyagiye Borussia Dortmund ibitego 4-1 mu mikino isoza iy’Umunsi wa Kane wa UEFA Champions League.

 

Iyi mikino yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 5 Ugushyingo 2025.

Umukino wa FC Barcelone na Club Brugge watangiye wihuta cyane, bidatinze ku munota wa gatandatu, iyi kipe yo mu Bubiligi ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Nicolo Tresoldi.

 

Nyuma y’iminota ibiri, Barcelone yazamutse yihuta, Fermín López acomekera umupira mwiza Ferran Torres yishyura igitego cya mbere.

 

Umukino wakomeje kwihuta FC Barcelone isatira cyane. Muri icyo gihe Club Brugge yazamutse yihuta cyane Carlos Forbs atsinda igitego cya kabiri, ku munota wa 17.

 

Mu minota 30, umukino watuje utangira kugenda gake, igice cya mbere kirangira Club Brugge iyoboye n’ibitego 2-1.

FC Barcelone yatangiranye igice cya kabiri impinduka, Robert Lewandowski na Dani Olmo basimbura Ferran Torres na Marc Casadó.

 

Iyi kipe yatangiye gusatira bidatinze ku munota wa 61, Lamine Yamal yishyura igitego cya kabiri.

Ntibyarambye kuko nyuma y’iminota ibiri gusa Carlos Forbs yongeye gucomekerwa umupira mwiza, azamuka yihuta aroba umunyezamu Wojciech Szczęsny atsinda igitego cya gatatu.

 

Mu minota 70, Barça yasatiraga cyane ishaka igitego cyo kwishyura ariko Yamal na Marcus Rashford ntibabyaze umusaruro amahirwe babonaga.

 

Ku munota wa 77, Yamal yahinduye umupira, Christos Tzolis yitsinda igitego, amakipe yombi anganya 3-3.

Mu minota y’inyongera, umunyezamu Szczęsny yashatse gucenga umukinnyi wa Club Brugge amwaka umupira atsinda igitego cya kane ariko nyuma yo kwifashisha VAR, umusifuzi aracyanga avuga ko yabanje kumukorera ikosa.

 

Umukino warangiye Club Brugge yanganyije na FC Barcelone ibitego 3-3.

Indi mikino yabaye, Chelsea yatunguwe na Qarabag FK zinganya ibitego 2-2, Manchester City inyagira Borussia Dortmund ibitego 4-1.

 

Newcastle United yatsinze Athletic Club Bilbao ibitego 2-1 naho Galatasaray inyagira Ajax Amsterdam ibitego 3-0.

Benfica yatsinzwe na Bayer Leverkusen igitego 1-0, Inter de Milan itsinda Kairat ibitego 2-1, mu gihe Olympique Marseille yatsinzwe na Atalanta igitego 1-0.

 

Imikino y’Umunsi wa Gatanu izakinwa tariki ya 25 Ugushyingo 2025 ahateganyijwe imikino ikomeye nk’uzahuza Arsenal na Bayern Munich n’uwa Chelsea na FC Barcelone.