Polisi y’Igihugu yatangaje ko yafashe ikanafunga abasore b’abanya-Sudani y’Epfo bagaragaye mu mashusho bakubitira umumotari mu mujyi wa Kigali.

 

Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umumotari wahohotewe akururwa kandi akubitirwa imbere y’abantu benshi, mu gihe bagenzi be n’abaturage bari hafi bageragezaga gutabara, bigatuma haba ubushyamirane.

 

Amakuru yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko byabereye ku Gisozi mu mujyi wa Kigali, bikavugwa ko intandaro yabaye ukutumvikana ku kwishyura moto.

 

Ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo, umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga yari yatangaje ko ruriya rwego rwatangiye gukurikirana kiriya kibazo kugira ngo ababigizemo uruhare bafatirwe imyanzuro ikwiye.

 

ACP Rutikanga mu bundi butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Ugushyingo , yemeje ko abahohoteye uriya mumotari bafashwe mbere yo kujya gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kimironko.

 

 

Ati: “Abagize uruhare muri uru rugomo bamaze gufatwa, bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko kugirango bafatirwe imyanzuro ikwiriye.”

 

Abaturage bo mu mijyi yo hirya no hino mu gihugu bamaze igihe kinini binubira urugomo bavuga ko bakorerwa n’abasore b’abanyamahanga baba mu Rwanda, abakunze kugaruka mu majwi bakaba barimo abanya-Sudani y’Epfo, abanya-Gabon n’abanya-Tchad