Icukumbura Televiziyo ya CNN yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoreye mu gihugu cya Tanzania, ryashyize ahagaragara ibimenyetso bikomeye byerekana ko Polisi y’iki gihugu n’abandi bantu bitwaje intwaro barashe mu cyico abenshi mu bigaragambyaga nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yo ku wa 29 Ukwakira.

Aya matora yasize Samia Suluhu Hassan uyobora Tanzania kuva muri 2021 yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu ku majwi hafi 98.%.

 

Ishyaka Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania rivuga ko abantu babarirwa mu 2,000 ari bo biciwe muri iriya myigaragambyo yamaze hafi icyumweru, imibare Leta ivuga ko yakabirijwe cyane.

 

N’ubwo Leta ya Tanzania itemeza umubare nyawo w’abiciwe muri iriya myigaragambyo, Perezida Samia Suluhu Hassan ubwo ku wa Kane w’icyumweru gishize yari imbere y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yemeje ko habaye ubwicanyi, ndetse ategeka ko hashyirwaho Komisiyo ishinzwe gukora iperereza ku byabaye.

 

CNN mu icukumbura ryayo yavuze ko yabonye ikanasesengura za videwo 14 zerekana Polisi ya Tanzania irasa abigaragambya, gusa umunyamakuru Larry Madowo uri mu bakoze ririya cukumbura avuga ko hagikenewe iperereza ryigenga ku bwicanyi bwabaye yavuze ko bushobora kuba ari na Jenoside, kuko hari byinshi kiriya gitangazamakuru kitabashije kugeraho.

 

Usibye amashusho bizwi neza uduce yagiye afatirwamo (geolocation), CNN mu icukumbura ryayo yanasesenguye amajwi y’amasasu, amashusho ya satelite n’ubuhamya bw’abaturage.

Amashusho menshi yagenzuwe n’iriya Televiziyo agaragaza Polisi ya Tanzania n’abagabo bitwaje imbunda barasa ku bantu bari mu myigaragambyo; barimo bamwe bari bafite amabuye cyangwa inkoni, mu gihe abandi nta kintu bari bafite mu ntoki.

 

Nko mu mujyi wa Arusha, amashusho yafashwe agaragaza umugore wari utwite inda y’amezi atatu araswa mu mugongo, ubwo yiruka ahunga amasasu.

 

Ayo mashusho kandi agaragaramo undi musore warashwe mu mutwe, mbere yo kwitura hasi ava amaraso menshi.

Aha muri Arusha CNN by’umwihariko yifashishije Rob Maher, umwarimu w’inzobere mu isesengura ry’amajwi, werekanye ko amasasu yose yaturutse aho polisi yari iri ku ntera hagati ya metero 95–112; ibishimangira ko ari yo yarashe bariya bantu.

 

Ibitaro byarengewe n’ubwinshi bw’imirambo!

 

CNN ivuga ko mu buruhukiro bw’ibitaro byo mu mijyi ya Mwanza na Dar Es Salaam, yabonye amashusho y’ukuri agaragaza imirambo irunze hanze y’ibitaro bya Sekou-Toure Hospital muri Mwanza.

 

Indi mirambo myinshi yagaragaye iryamye ku butaka mu bitaro bya Mwananyamala, i Dar es Salaam.

Umuganga wo muri Mwanza utifujwe gutangazwa amazina, yabwiye iriya Televiziyo ko imirambo yazanwaga na Polisi kugeza morgue yuzuye, bakayirunda hanze.

 

Uyu yunzemo ko imiryango y’abishwe yazaga yagiye ishakisha ababo iminsi myinshi, ndetse ko hari iyabashije kubabona.

 

Amakuru yandi yemeza ko mu bishwe harimo abakinnyi b’umupira barindwi barasiwe mu ngo zabo, ariko ko imirambo y’abagera kuri batandatu itaraboneka.

 

Abarashi mu midugudu ndetse no mu modoka z’umweru!

 

Amashusho menshi yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yagenzuwe na CNN kandi yerekana abagabo bambaye imyenda isanzwe bakekwaho kuba abapolisi barasa abantu mu mihanda yo muri Dar es Salaam.

 

Amashusho ya drone yafashwe mu gace ka Segerea agaragaza abaturage bahunga binjira mu ngo, mu gihe imodoka y’ababarasagaho isa n’umweru yarimo ibakurikira.

 

Abacukumbuzi ba CNN bemeje ko aya mashusho ahura n’ubuhamya bw’abaturage bavuga ko polisi n’abagabo bari bambaye sivile bari bafatanyije.

 

Ibimenyetso by’Imva Rusange muri Kondo

 

Iperereza ryanarebye ku bivugwa n’ihuriro w’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu n’abaturage bavugaga ko hari imva rusange zagiye zishyingurwamo abiciwe muri iriya myigaragambyo.

 

Amashusho ya satelite yafashwe n’ibigo birimo Planet Labs, Vantor na Sentinel-2; agaragaza ubutaka bushya bigaragara ko bwacukuwe hagati y’itariki ya 2 n’iya 5 Ugushyingo, hafi y’imva zisanzwe mu irimbi rya Kondo riherereye mu majyaruguru ya Dar es Salaam.

 

Videwo yafatiwe ku butaka yerekana umucanga mushya wacukuwe, imizi y’ibiti isohotse, n’ibitambaro bimeze nk’ibyari byaciwe ku myambaro y’abantu.

 

Abaturage babiri ndetse n’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu babwiye CNN ko hari imirambo y’abigaragambya bishwe ishobora kuba yarashyinguwe aho hantu.

 

Nyuma y’amatora yo muri Tanzania Guverinoma y’iki gihugu yahise ikuraho internet, aho iyisubirijeho nyuma y’icyumweru Polisi ishyiraho amabwiriza y’uko nta muturage wemerewe gusangiza “amashusho ateye ubwoba”.

 

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu rivuga ko abantu babarirwa mu magana bashobora kuba ari bo biciwe mu myigaragambyo yo muri Tanzania, mu gihe abandi benshi bakomeretse cyangwa bagatabwa muri yombi.