Muri Kivu y’Amajyepfo hongeye kubyuka imirwano ikaze ku munsi wa kabiri mu Kibaya cya Ruzizi no muri Kaziba (Walungu), hagati y’Ingabo za AFC/M23 n’Ingabo za FARDC zifatanyije na Wazalendo na FDNB z’u Burundi.

 

 

Kuri uyu wa Gatatu, 3 Ukuboza 2025, imirwano yongeye kubura i Katogota kuva saa kumi za mu gitondo, bituma abaturage benshi bahungira i Kamanyola.

 

 

Mu gitondo, abaturage ba Kamanyola babyutse bumva amasasu menshi y’intwaro ziremereye n’izoroheje. Imiryango yo muri Kambara na Rugenge yahungiye kure ya Katogota kubera ubukana bw’amasasu.

 

 

Amakuru ahari aravuga ko Katogota ikomeje kugenzurwa na M23, nubwo hari amakuru anyuranye atandukanye atangazwa ku mbuga nkoranyambaga.

 

 

Mu Sheferi ya Kaziba, imirwano mishya yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu. Umunsi wose wo ku wa Kabiri nawo wari wuzuye ibisasu, byumvikanye kuva saa cyenda z’amanywa kugeza saa mbiri z’ijoro.

 

 

Imibare y’agateganyo irerekana ko:

Abantu 3 bo mu muryango umwe (umugabo, umugore n’umuhungu) bo mu Mudugudu wa Burherere, bapfuye.

Umuyobozi wa Gurupoma ya Muhumba n’abana be bane barishwe.

Undi muturage umwe nawe yishwe mu mirwano.

 

Mu burasirazuba bwa Sheferi ya Kaziba, abantu 11 bari bateraniye mu nzu bapfiriye hamwe nyuma y’uko igisasu kibagwiriye.

 

 

Hirya no hino amazu menshi yarasenyutse, abantu benshi barakomeretse, naho urusengero rwa 5ème CELPA Burherere rurasenyuka nyuma y’ibisasu byatewe na drones.