Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kirwanira mu Kirere cyatangaje ko indege yacyo yo mu bwoko bwa F-16C yahanutse ubwo yari mu myitozo.
Byabaye ku wa 3 Ukuboza 2025 mu Mujyi wa Los Angeles, muri Leta ya California.
Iyi ndege yaguye mu butayu buherereye mu bilometero 210 uvuye hagati mu Mujyi wa Los Angeles, mu gace gakunze gukoreshwa mu igeragezwa ry’intwaro zikomeye.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umuriro mwinshi wari uturutse aho indege ikoze impanuka, mu gihe umupilote yagaragaye amanuka akoresheje umutaka (parachute) hafi y’aho indege yahanutse.
Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Amerika bwemeje ko iyi ndege yari mu myitozo hamwe n’izindi ndege zikoreshwa mu myiyereko n’igaragaza ubuhanga mu kirere.
Umuvugizi w’Igisirikare cya Amerika kirwanira mu Kirere yagize ati: “Ku wa 3 Ukuboza 2025, ahagana saa 10:45 za mu gitondo, umupilote wo mu itsinda rishinzwe imyiyereko y’Igisirikare cya Amerika kirwanira mu Kirere yabashije kuva mu ndege ya F-16C Fighting Falcon mu buryo bwihuse ubwo yari mu myitozo i California.”
Yongeyeho ko umupilote ameze neza, ubu akaba akomeje kwitabwaho n’abaganga.