Ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zakomeje ibikorwa byo kurasa no kugaba ibitero bikomeye mu bice bifatwa na AFC/M23, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza 2025, mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo. Ibi bibaye nyuma y’iminsi y’imirwano ikaze yabereye muri Teritwari ya Uvira.

 

 

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23, uyu mutwe wavuze ko ingabo za Leta ya Kinshasa zakomeje ibitero simusiga mu duce dutuwe cyane, hifashishijwe indege z’intambara, drones n’imbunda za rutura zirasa mu ntera ndende.

Ayo makuru akomeza agira ati:

“Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 5 Ukuboza 2025, ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa zakomeje ibitero bikabije mu turere dutuwe cyane two mu Majyaruguru ya Kivu zombi, zikoresheje indege z’intambara, drones n’imbunda zirasa kure cyane.”

AFC/M23 ivuga ko ibi bitero biri kwibasira cyane abaturage batagira kirengera, ibyo ikabifata nka urugomo rutemewe rwatumye umubare w’abahitanwa n’abakomereka ukomeza kwiyongera.

 

 

Bati:

“Ingo nyinshi zarasenyutse, kandi abagore n’abana barimo gupfa ku buryo bubabaje.”

Raporo z’uyu mutwe zigaragaza kandi ko ibisasu bibiri byaturutse ku butaka bw’u Burundi byaguye mu gace ka Rubumba, mu mujyi wa Kamanyola, bigahitana abantu bane, abandi babiri bagakomereka bikomeye.

 

 

Urutonde rw’abahohotewe ni urwo rukurikira:

  1. Emmanuel Barebwa w’imyaka 37, Rubumba yakomeretse
  2. Ivone Fulwa, w’imyaka 25, Rubumba  yapfuye
  3. Adeline Barebwa, w’imyaka 3, Rubumba  yapfuye
  4. Richelie Barebwa, w’imyaka 11, Rubumba  yapfuye
  5. Sifa M’Buhendwa, w’imyaka  32,nyina wa Cikuru Lutwamungu, Rubumba yakomeretse
  6. Cikuru Lutwamungu, Rubumba  yapfuye

 

Ibi bitero bikomeje kongerera umurego umwuka mubi mu bice bya Kivu byombi, aho abaturage bari mu bwoba bukabije bitewe n’imirwano idahagarara, kandi inzira nyinshi z’ubuhahirane zikomeje gufungwa.