Abantu 36 nibo bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’imirwano ikomeye yahuje Ingabo za Republika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo, mu gace ka Sange, kari muri Teritwari ya Uvira, Intara ya Kivu y’Amajyepfo.
Iyi mirwano yabaye ku Cyumweru, tariki ya 7 Ukuboza 2025.
Amakuru aturuka muri aka gace avuga ko imirwano yadutse ubwo abasirikare ba FARDC bari bavuye ku rugamba bageraga i Sange bashaka gukomeza urugendo berekeza mu Mujyi wa Uvira, ariko bakabungirwa n’abarwanyi ba Wazalendo.
Wazalendo bavugaga ko hari amabwiriza abuza umusirikare wese wa FARDC kuva muri ako gace ngo yinjire muri Uvira adasize intwaro n’amasasu yarwanishaga.
Abasirikare banze kubahiriza ayo mabwiriza, bituma habaho gukozanyaho gukomeye.
Amakuru ava muri Kivu y’Amajyepfo yemeza ko mu bitero byakuruwe n’ayo makimbirane harashwe ibisasu bitatu, byahitanye abantu 36 barimo: Abasivile,Abasirikare ba FARDC n’Abarwanyi ba Wazalendo
Hari kandi abandi 19 bakomeretse, bamwe bikekwa ko bakomeretse bikomeye.
Iyi mirwano isubitse ihuriro ry’impande zombi, mu gihe FARDC na Wazalendo bari bamaze hafi icyumweru bakoranye mu mirwano barwanaho n’inyeshyamba za AFC/M23 mu misozi ya Kivu y’Amajyepfo.