Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zinjiye mu Mujyi wa Uvira ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 9 Ukuboza 2025.

AFC/M23 yinjiye muri uyu mujyi wa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo gufata no gusukura uduce twose twari utw’ihuriro ry’Ingabo za Leta (FARDC na Wazalendo) twari dukikije Uvira.

 

 

Ubuyobozi bw’uyu mutwe mu kiganiro bwagiranye n’itangazamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri bwari bwavuze ko gufata Uvira ari icyemezo kigamije guhagarika ibitero ingabo za Leta ya Kinshasa zimaze igihe zigaba ku baturage b’aka gace.

 

 

Akimara kwinjira mu mujyi, AFC/M23 yahise ifata no kugenzura umupaka wa Kavimvira, uhuza u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bityo ifata inzira y’ingenzi ijya mu Burundi.

 

 

Amakuru yemeza ko abasilikare benshi ba FARDC bari muri Uvira kuri uyu wa Kabiri bahise bawuvamo bihunga, berekeza mu Mujyi wa Kalemie bakoresheje ubwato, nyuma yo kudashobora guhangana n’iterambere ry’ingabo za AFC/M23.

 

 

Amakuru kandi avuga ko Ingabo z’u Burundi nazo zamaze gucyurwa, aho bivugwa ko iki gihugu cyamaze gukuramo brigade hagati ya enye n’esheshatu cyari gifite muri Congo Kinshasa.