Ku wa Gatatu, tariki ya 10 Ukuboza 2025, hongeye kuvugwa imirwano ikaze i Bitongi, ahereye ku birometero bitatu uvuye i Kalembe, muri Gurupoma ya Bashali Mokoto, Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru aturuka muri ako gace kandi agera ku kinyamakuru ACTUALITE.CD avuga ko inyeshyamba za Wazalendo ari zo zagabye igitero ku birindiro bya AFC/M23, mu masaha ya saa kumi z’umugoroba ku isaha y’aho.
Mu mirwano, haravugwa urusaku rw’intwaro ziremereye n’izo mu bwoko bworoshye, rwumvikanye mu gace kose kari ku nkengero z’urugamba. Ibi byahise bitera panique mu baturage bo muri Bitongi no mu midugudu iri hafi aho.
Abaturage baturiye Kalembe na Kalonge bahise bacika urw’amenyo, bamwe batangira guhunga mu buryo bwihuse.
Inkuru zituruka muri kariya gace zivuga ko Bitongi yabaye nyirantarengwa, bigaragara ko abaturage binshi bari mu rugendo rwo guhungira kure y’ahumvikanira amasasu.
Bamwe bahungiye i Kalembe,
Abandi berekeza mu mashyamba n’ibihuru kugira ngo barokoke imirwano.