Perezida João Lourenço wa Angola, yanze guha ingabo mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zo kurinda igice cya Grand-Katanga.
Ku Cyumweru gishize ni bwo Tshisekedi yagiriye uruzinduko i Luanda muri Angola, mu ruzinduko rw’amasaha make rwasize abonanye na Perezida Lourenço.
Amakuru avuga ko Tshisekedi waherukaga koherereza Lourenço ubutumwa bwihariye yari yifuje ko Angola yohereza ingabo zayo mu ntara ya Katanga, by’umwihariko Umujyi wa Lubumbashi, mu gihe i Kinshasa hari ubwoba bw’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 ziheruka kwigarurira umujyi wa Uvira zishobora kwagurira urugamba muri kiriya gice.
Umunyamakuru Steve Wembi yatangaje ko Angola yahakaniye Tshisekedi ibyo kumwoherereza ingabo, ahubwo Perezida wayo amugira inama yo gutumiza ibiganiro mu rwego rwo gukemura ibibazo byugarije abanye-Congo.
Andi makuru avuga ko Tshisekedi yamaze kubura umushinga wo kuzana ingabo zo muri Tchad, ndetse nta gihindutse izirenga 1,000 zishobora kuzagera i Kisangani mu ntangiriro za 2026.