Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, kirashinja umutwe w’inyeshyamba wa AFC/M23 kubeshya ko wavuye mu mujyi wa Uvira, nyuma yo gutangaza ko bitarenze kuwa Kane abarwanyi ba wo bazaba bamaze kuva muri uyu mujyi bari bamaze icyumweru kirenga bafashe.

 

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Ukuboza, kuri Televiziyo y’Igihugu (RTNC), Umuvugizi wa FARDC, General Major Sylvain Ekenge, yatangaje ko “ibyo bivugwa byo kuhava nta ho bihuriye na gato n’ukuri kw’uko ibintu bimeze kuri terrain”.

 

Yongeyeho ko ibyo ari gihamya y’”uburyarya bugaragara bw’u Rwanda mu kubahiriza ibyo rwiyemeje mu masezerano y’amahoro y’i Washington” yo muri uku kwezi, yashyizweho umukono imbere ya Donald Trump hagati ya Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Congo, Félix Tshisekedi.

 

 

Gen Sylvain Ekenge yavuze ko M23 itasubiye mu birindiro yari isanzwemo mbere, ashimangira ko ibyo ubundi ari byo byari kumvikana ko koko bavuye mu Mujyi wa Uvira.

 

Ku ruhande rwe abazwa ku bivugwa na FARDC ko M23 itarava mu mujyi wa Uvira nk’uko bitangazwa na BBC, umwe mu bavugizi ba yo, Oscar Balinda yagize ati: ” Ibyo ni bo [babivuga], bazaze babyerekane. Ariko twe tuzi ko twavuyemo, kandi hariyo itangazamakuru ririyo, hari ba Al Jazeera, hari ba BBC, hari ba AFP, bose bariyo. Rero barimo barareba, babonye ingabo zacu zivayo, ziri ku rugendo, ubu ngubu hari aho ziri, zirimo zirashaka ikindi cyicaro.”

 

 

Kubera impamvu z’umutekano ariko, Balinda ntiyavuze ahantu abo barwanyi ba M23 bari kuri ubu.