Abasirikare b’u Burundi bakiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramagana umugambi uhari wo kongera kubohereza ku rugamba bambaye impuzankano y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

Umwe mu basirikare b’u Burundi yabwiye impirimbanyi Pacifique Nininahazwe ko mu gihe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo aheruka kuvuga ko iki gihugu cyamaze gucyura ingabo zose cyari gifite muri Kivu y’Amajyepfo, ko batayo eshatu zikiri mu mujyi wa Baraka.

 

 

Yagize ati: “Mwumvise Umukuru w’igisirikare avuga ngo u Burundi bwacyuye abasirikare muri RDC ngo mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ya Washington. Kiriya ni ikinyoma cyambaye ubusa. Abasirikare bakuwe mu bice twari twatakaje cyangwa aho byabonekaga ko badashobora guhangana na M23.”

 

 

Uwo musirikare yakomeje agira ati: “Ni byo batayo nyinshi zaracyuwe. Ikindi abenshi batazi ni uko imirwano itahagaze. M23 bavuze ko bavuye Uvira, ariko ntibarekuye utundi duce. Abarundi ntibazi ko M23 ariyo igenzura uduce twose turi ku mupaka w’u Burundi mu kibaya cya Ruzizi. Yirukanye abasirikare b’u Burundi, hose ni yo ihagenzura. Uvira yo biragoye kumenya uyigrnzura ubu uwo ari we.”

 

 

Uyu musirikare yasobanuye ko abasirikare b’u Burundi bari i Baraka barimo abo muri batayo TAFOC ya 11 iri ahitwa Gatanga, iya 29 iri ahitwa Tujenge n’iya 16 iri ahitwa Lweba.

 

 

Izi batayo uko ari eshatu ngo zigize Brigade ifite Icyicaro Gikuru i Baraka.

Yasobanuye ko muri iki gihe imirwano irimo isatira uduce ingabo z’u Burundi ziherereyemo, ndetse ko nidufatwa inzira zose zijya i Burundi zizaba zifunzwe.

 

 

Yunzemo ati: “Abasirikare bacu bari Kalemie bazahita bahura n’ibibazo. Hazaba hasigaye inzira yo mu kirere gusa. Kuko ubundi kuza hano bisaba kurira ubwato mu Rumonge, tugaca muri Tanganyika.”

 

 

Uwo musirikare kandi yavuze ko ikimubabaje we na bagenzi be ari uko hari gahunda yo kongera kubohereza ku rugamba bambaye imyambaro irimo ibendera rya Congo Kinshasa.

 

 

Ati: “Twebwe ikitubabaje kurusha byose ni ukumva ko tugiye gusubira kurwana twambaye umwambaro w’igisirikare cya RDC. Ndibuka uburyo wabyamaganye tukiri muri Nord-Kivu. Byari biteye isoni kubona umusirikare wacu apfa yambaye ibendera rya RDC kandi RDC itigera inamuha icyubahiro. None batubwiye ko kuva mu cyumweru gitaha tuzarwana twambaye umwambaro wa FARDC. Iki kintu kiratubabaje. Umusirikare w’u Burundi yararahiye ko azarwanira u Burundi, ibendera ryacu ni iry’u Burundi.”

 

 

Uyu yavuze ko mu bigaragara abategetsi b’u Burundi bashaka kwerekana ko nta basirikare kiriya gihugu kigifite muri RDC.

 

 

Yavuze kandi ko bitumvikana uko Perezida Evariste Ndayishimiye akomeje gushora Ingabo z’u Burundi ku rugamba kandi bigaragara ko umwanzi bahanganye abarusha ubuhanga n’ibikoresho.

 

 

Ku bw’uyu musirikare, ntibishoboka ko Brigade imwe yatsinda urugamba mu gihe abandi basirikare bacyuwe.

Yunzemo ati: “Twe tubona ko twahebwe. Ntibyumvikana ko abandi basirikare abacyura natwe agashaka kutwambika umwambaro w’ikindi gihugu, nk’aho tutakiri Ingabo z’u Burundi. Ntabeshye, twebwe abasirikare ntitubona icyo turimo gupfa tuzira, ntitubona icyo turimo turarwanira.”