Agace kitwa Point Zero, gaherereye muri Teritwari ya Fizi, ahahoze ari indiri ikomeye y’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa, kigaruriwe n’abarwanyi ba Twirwaneho kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 16 Mutarama 2026, nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano.

 

Aha hantu hifashishwaga n’uruhande rwa leta mu kugaba ibitero kuri Minembwe na Mikenke, ndetse no mu yindi midugudu ihakikije.

 

Iyi mirwano yahuje abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho, ukorana na AFC/M23, ndetse n’Ingabo za Congo (FARDC) zifashwa n’inyeshyamba za wazalendo ndetse n’Ingabo z’u Burundi.

 

Amakuru aturuka aho agera kuri Kivu Morning Post avuga ko imirwano yatangiriye mu gitondo cya kare ku Gasozi ka Buruta, mbere yo kwimuka isatira Point Zero.

 

Kuwa Kane, Twirwaneho yari yemeje ko igenzura Zone ya Buruta nyuma yo kugabwaho igitero na FARDC.