Ibibazo by’ubutabazi mu nkambi y’impunzi ya Busuma mu Ntara ya Buhumuza, mu burasirazuba bw’u Burundi, bigeze ku rwego rukomeye. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko impunzi 22 z’Abanyekongo zapfuye ku munsi umwe, ku wa Gatanu, itariki ya 30 Mutarama 2026. Abenshi mu bapfuye ni abana, abagore, n’abasaza.

 

Izi mpfu ziyongera ku mubare usanzwe uteye ubwoba. Amakuru avuga ko kuva inkambi yafungurwa, impunzi 426 zimaze gupfira i Busuma.

 

 

Impunzi, ahanini zituruka mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zibayeho mu buzima bubi cyane. Ibura ry’ibiryo, ibura ry’amazi yo kunywa meza, kutabona ubuvuzi buhagije, hamwe n’indwara ziterwa n’umwanda ni bimwe mu bitera izi mpfu.

 

 

Impunzi y’Umunyekongo, utarifuje ko amazina ye amenyekana, yabwiye SOS Medias Burundi dukesha iyi nkuru uko iki kibazo giteye:

 

 

Ati: “Twaje hano kugira ngo dutabare ubuzima bwacu, ariko uyu munsi turapfa buhoro buhoro. Abana n’abasaza ni bo ba mbere babigenderamo. Buri gitondo, turabyuka dutinya ko umuturanyi yapfuye nijoro. Dushyingura abantu buri munsi.”

 

 

Izi mpunzi zahunze intambara mu mijyi no mu midugudu myinshi yo mu Ntara ya Kivu y’amajyepfo, mu burasirazuba bwa Congo, nyuma y’imirwano yabaye mu Kuboza 2025 hagati y’inyeshyamba za M23 n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), zishyigikiwe n’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, FDLR ndetse n’Ingabo z’u Burundi.