Perezida Paul Kagame yasabye inzego bireba gukora ubukangurambaga, kugira ngo abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda bajye babona amafaranga aziturukaho.
Mu busanzwe mu Rwanda abakoresha imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Instagram, YouTube na TikTok ntacyo binjiza, mu gihe mu bindi bihugu abazikoresha binjiza amafaranga biciye muri ‘publicité’ zinyuzwa mu bihangano byabo.
Icyakora abari mu Rwanda bashobora kwinjiza amafaranga kuri ziriya mbuga, ariko bisaba ko babanza kwiyandikisha nk’abatuye mu bindi bihugu ‘Monetization’ yemewemo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare ubwo inama ya 20 y’umushyikirano yari ku munsi wayo wa kabiri, ikibazo cya ‘Monetization’ idakunda ku bakoresha imbuga nkoranyambaga cyagaragajwe nk’umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie ndetse n’umunyamakuru Mutesi Scovia.
Bruce Melodie yasobanuye ko usibye kuba umuziki ari umurimo utunga uwukora, nanone uko ukura ari nako utanga umusanzu wa 5% mu kubaka u Rwanda kandi abahanzi bifuza gutanga uwisumbuyeho.
Uyu muhanzi wasabye ko ubuhanzi bwakongerwa mu bukerarugendo kuko abahanzi ari nk’ingagi, yasabye Perezida Kagame ko Leta yafasha abakoresha imbuga nkoranyambaga kujya binjiza amafaranga aziturukaho.
Ati: “Turasaba ko Leta yadufasha kumonetiza izi mbuga nkoranyambaga, tugakorera mafaranga. Imirimo yose ikorerwa ku mbuga nkoranyambaga ni imirimo kuko ziriya ‘Content’ zose ni amafaranga.”
Yakomeje agira ati: “Ku rubuga rwa Tik Tok abantu bakoreraho amafaranga ariko ku Banyarwanda bigasaba ko dutira ubwenegihugu kugira ngo tube twakora ku mafaranga yo ku mbuga nkoranyambaga. Icyo rero ni ikibazo kinatera ubushomeri”.
Umukuru w’Igihugu yabajije Bruce Melodie ikibazo gihari gituma imbuga nkoranyambaga zidatanga umusaruro ku rubyiruko rukorera mu Rwanda, bigasaba ko umuntu yiyitirira kubanza kujya ahandi.
Yamusobanuriye ko kugira ngo umuntu yinjiza amafaranga ku mbuga nkoranyambaga hari publicité ibigo bitandukanye binyuza muri ‘Content’ bikishyura amafaranga, ariko mu Rwanda bikaba bidakunda kuko n’aho abantu bafashe ifatabuguzi ryo kujya bareba batabanje kureba publicité.
Umukuru w’Igihugu ubwo yabazaga Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Musoni Paula uko byakemuka, yamusubije ko u Rwanda rwamaze gukora ibikenewe byose kugira ngo abakoresha imbuga nkoranyambaga babashe kwinjiza amafaranga.
Ati: “Hari ibyo twujuje nk’igihugu, birimo kubahiriza amabwiriza, hakazamo ibyamamazwa kuri izo mbuga nkoranyambaga byo ntitubyujuje. Rero kuyizamura birasaba ko ibigo bitandukanye byajya byamamaza ku mbuga za Meta kugira ngo bifashe mu gutanga umusaruro watuma abakoresha imbuga nkoranyambaga zibabyarira umusaruro bitagombye ko abazikoresha bajya mu mahanga”.
Perezida Kagame yasabye ko hakomeza gukorwa ubukangurambaga ku nzego bireba.