Umutwe wa Twirwaneho uravuga ko ufatanyije na AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare barashe drone zirenga zirenga 30 z’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni nyuma y’imirwano yiriwe isakiranya impande zombi mu bice by’imisozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru avuga ko kuri uyu wa Gatanu imirwano ikomeye yabereye mu duce twa Muriza, Gakenke, Karongi n’ahandi hatandukanye, nyuma y’ibitero by’ingabo zirimo iza FARDC, Abarundi, FDLR, Wazalendo ndetse n’abacanshuro.
Umuvugizi wa AFC/M23 ifatanya urugamba na Twirwaneho, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko kuva mu masaha y’igitondo ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ziriwe zigaba ibitero bya za drone ndetse n’ibyo ku butaka, “bica igikuba ndetse binateza urupfu rw’abaturage b’abasivile bo muri Komine ya Minembwe no mu nkengero zaho”.
Mu gihe kandi AFC/M23 ishinja ihuriro ry’ingabo za Leta kurenga ku gahenge, FARDC mu itangazo yasohoye na yo yashinje AFC/M23 n’abo yita ingabo z’u Rwanda kugaba ibitero ku birindiro byayo biri muri Kivu y’amajyaruguru n’iy’amajyepfo, bakica agahenge kifujwe na Perezida João Lourenço wa Angola.
FARDC ivuga ko ibirindiro byayo byo muri Kivu y’Amajyepfo byatewe ari iby’ahitwa Mikenge na Kalongwe mu misozi miremire ya Uvira na Fizi, “by’umwihariko mu duce twa Kahungwe, Kanga na Rugeje”.
Mu gihe bigoye kugenzura buri ruhande ibirego rushinja ibindi, Twirwaneho biciye muri Col. Rugabo Fidèle uri mu basirikare bayoboye ingabo zayo ziri ku rugamba iremeza ko bashoboye guhanura drone zirenga 30 za FARDC n’abayifasha ku rugamba.
Yabwiye chaîne ya YouTube yitwa Imurenge TV ati: “N’ubwo Tshisekedi akomeje kohereza za drone, abasirikare bacu ntibabuze kubakubita za Muriza, ntibabuze kubakubita za Gakenke, ntibabuze kubakubita za Karongi. Ubu ngubu ingabo zacu zirakomeza kugana imbere zirasa, ntibabuze kubakubita za Rwitsankuku n’ahandi hose bahagaze.”
Yakomeje agira ati: “Tshisekedi arohereza drone zikarasa mu baturage, zigatwika imirima, ariko kugeza izi saha drone zararashwe, n’uyu munsi twarashe izirenga 30, ariko iziriwe zihaguruka zirenga 50.”
Rugabo kandi yemeje ko muri rusange drone bamaze guhanura zirenga 300, mu zibarirwa muri 700 ahamya ko Tshisekedi yohereje mu Minembwe.