Ingabo z’u Rwanda (RDF) zarangije umurimo wazo wo kubaka ibikorwa remezo mu gihugu cya Jamaica aho zageze mu Rwanda ku isaha ya saa tatu n’igice za mugitondo kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Werurwe 2026.
Abo basirikare bakiriwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, n’Umuyobozi w’Umutwe w’Inkeragutabara muri RDF, Gen Maj Kagame Alexis.
Uwo muyobozi yashimiye izo ngabo ubwitange n’ikinyabupfura bagaragaje mu minsi 60 bari bamaze muri ubwo butumwa muri Jamaica.
Yagize ati: “Aba bayobozi bagiye barangaje imbere ariko ntabwo bareba mu mitima yanyu, ariko wa muco wa RDF za ndangagaciro, zarabaranze ubwitange, ubushishozi, nta kintu na kimwe kibi twigeze tubumvaho mu gihe cy’amezi abiri mumazeyo”.
Muri Mutarama 2026, ni bwo Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) zigizwe n’abasirikare 100, bafatanyije n’abo mu Ngabo za Jamaica (JDF), batangiye imirimo ihuriweho yo gusana no kongera kubaka ibyangijwe n’ibiza mu Mujyi wa Montego Bay mu Ntara ya St James.
Iyi mirimo yatangijwe no gusana no kongera kubaka inzu z’abaturage bagizweho ingaruka n’inkubi y’umuyaga wiswe ‘Melissa’, bikaba byari muri gahunda y’ibikorwa by’ubutabazi bigenewe imiryango yibasiwe n’icyo kiza.
Bifashishije ubumenyi mu by’ubwubatsi, Ingabo za RDF na JDF basannye inzu zangiritse, hagamijwe guteza imbere imibereho myiza y’imiryango yagizweho ingaruka n’iyo nkubi y’umuyaga.
Umuyobozi w’Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa by’ubutabazi muri Jamaica, Colonel Moses Kayigamba, yavuze ko inshingano izi ngabo zari zifite zirenze gusa gusana ibikorwaremezo, kuko zinagaragaza agaciro k’ubufatanye n’ubumwe n’abaturage ba Jamaica, no gutanga umusanzu mu kongera ubushobozi bwo guhangana n’ibiza mu gihe kirambye.

