Imirwano ikomeye hagati y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo, n’umutwe wa AFC/M23 yakomeje kuri uyu wa Kane, tariki ya 21 Gicurasi 2026, mu gace ka Katoy, muri Teritwari ya Masisi, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru ava muri ako gace avuga ko nyuma yo gufata agace ka Kinigi, ihuriro rya FARDC na Wazalendo ryabashije kwirukana abarwanyi ba AFC/M23 mu yindi midugudu itatu ari yo Nyakigano hafi ya Ngungu, Kawere ndetse na Chugi.
Ifatwa ry’iyi midugudu rikomeje kwegeza ingabo za leta n’abafatanyabikorwa bazo ku mujyi wa Rubaya uzwiho ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, nyuma yo kwisubiza utundi duce two muri sektori ya Katoy harimo Gasenyi na Nkokwe biherereye hafi ya Kinigi.
Amakuru aturuka ku rugamba avuga ko imirwano ikomeje kubera mu bilometero nka 15 uvuye Kibabi, aho hakomeje kumvikana urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje.
Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, ihuriro rya FARDC na Wazalendo ryatangiye ibikorwa bya gisirikare bigamije kwisubiza ibice byose bigenzurwa na AFC/M23 muri sektori ya Katoy, aho ingabo za leta zivuga ko zikomeje kugenda zigarurira imwe mu midugudu yari mu maboko y’uyu mutwe.