Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B Thierry, yaburiye abantu bamamaza ibikorwa by’abakora ubwambuzi bushukana, avuga ko abazabirengaho bazabihanirwa hakurikijwe amategeko.

 

Ibi yabitangarije mu kiganiro Imbonankubone, Ukuri Imbere Yawe, cyatambutse ku Cyumweru, tariki ya 28 Kamena 2026, kuri BTN TV.

 

Dr. Murangira yaburiye ibitangazamakuru, ibyamamare ndetse n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bamamaza abantu bashaka gucucura abaturage.

 

Yagize ati: “Hari imvugo abakoresha imbuga nkoranyambaga bakoresha ngo ‘Kwitereka’ bakamamaza, bagahamagarira abantu ngo baze ngo hari abantu bavuye aha ngaha bagiye kubafasha kubajyana muri Canada no muri Amerika. Ni umuntu ukurikirwa n’abantu benshi cyane barenga ibihumbi magana, mu gitondo ukajya kubona abantu buzuye ahantu.”

 

Si ibyo gusa, kuko yanaburiye abamamaza imiti itandukanye bavuga ko bavura indwara zidakira, inyatsi, batanga umuti w’ubukire, umuti w’urukundo ko na bo ibyo bakora bitemewe n’amategeko yaba ababyamamaza ndetse n’ababaha urubuga.

 

 

Yakomeje avuga ko ibyo baba bakora bibangamiye ituze rya rubanda kuko baba bakoresheje ubwisanzure bwabo mu buryo buyobya abaturage.

 

 

Dr. Murangira yongeyeho ko abazabirengaho bazabihanirwa hakurikijwe amategeko kuko baburiwe kenshi n’inzego zitandukanye ariko hari bamwe bakomeje kwinangira.

 

Uyu muburo uje nyuma y’aho hamaze igihe humvikana abantu bamamaza imiti irimo n’ivugwa ko itera imbaraga mu gihe cyo gutera akabariro n’ivura ubugumba n’uburemba n’indi myinshi.

 

 

Muri Nyakanga 2022, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yasohoye itangazo ribuza kwamamaza ibikorwa byose by’ubuvuzi mu gihe baba batabiherwe uburenganzira n’iyo Minisiteri.

 

 

MINISANTE ishingiye ku mabwiriza ya Minisitiri No 20/0004 yo ku wa 09/01/2019, abuza kwamamaza imiti n’ibikorwa by’ubuvuzi mu buryo ubwo ari bwo bwose n’ibiganiro bigendanye mu gihe ubikora atabiherewe uburenganzira.

[mc4wp_form]