Abantu nibura 13 baraburiwe irengero nyuma y’uko ubwato bwari butwaye abimukira burohamye mu nyanja hafi y’inkombe za Tunisia, ubwo bwari bwerekeje mu Butaliyani.

 

Amakuru yatangajwe ku wa 22 Kanama 2026 avuga ko ubwato bwari bwavuye muri Tunisia mu gitondo cyo ku wa Kane, butwaye abantu benshi bari bafite intego yo kugera mu Butaliyani banyuze mu nyanja ya Mediterane.

 

Mustafa Abdelkebir, ukuriye umuryango wa Tunisia Observatory for Human Rights ukurikirana ibibazo by’abimukira, yabwiye Reuters ko abantu babiri ari bo bamaze gutabarwa nyuma y’uko ubwato burohamye.

 

Umwe mu barokotse yabwiye abamutabaye ko abari mu bwato bamaze amasaha mu nyanja nyuma y’uko ubwato bwabo buhirima. Undi warokotse we yari ameze nabi cyane, nk’uko Abdelkebir yabivuze.

 

Kugeza ubu, ibikorwa byo gushakisha ababuze birakomeje, mu gihe amakuru arambuye ku cyateye ubwato kurohama ataramenyekana.

 

Tunisia ni hamwe mu hantu hakunze kuva abantu bagerageza kwambuka inyanja ya Mediterane berekeza mu Burayi, cyane cyane mu Butaliyani. Uru rugendo rukunze gukorwa mu bwato butujuje ibisabwa, bigatuma abimukira benshi bahura n’akaga ko kurohama.

[mc4wp_form]