Putin yateguje isi yose ko harabaho ibura ry’ibiribwa ku isoko| isi yitegure ibibi byinshi.

President w’uburusiya Vradimir Putin yaburiye ibihugu by’uburayi na America ko nibidakorana neza n’uburusiya hazabaho ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa ku isoko mpuzamahanga.

 

Ibi ngibi Putin yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yakiraga mugenzi we Aleksandr Lukansenko wa Berarus, yagize ati” niba badakoranye natwe muburyo buboneye, hazabaho ikibazo cy’ibiryo ku isoko mpuzamahanga, n’ikimenyimenyi na mbere y’uko ibi byose biba habayeho izamuka ry’ibiciro ridasanzwe ryikubye inshuro 3 kandi byose byatewe n’ikosa ryatewe n’uburayi na America”.

 

Vradimir Putin yavuze ko hari ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ifumbire rikoreshwa mu buhinzi, kandi ko kuba nayo itari kuboneka byatewe n’amakosa yakozwe n’ibihugu by’iburayi. Yagize ati” niba abafatanyabikorwa bacu ba America n’uburayi badobeje ibintu mu bijyanye n’ubukungu ndetse n’ubwikorezi bwo mu mazi, bivuze ko ibintu bigomba kudogera no ku ruhande rwabo maze ibiciro by’ibiryo bizamuke. Bizatuma kandi habaho inzara mu bice bitandukanye by’isi, kandi abimukira ku isi hose biyongere”.

Inkuru Wasoma:  Miss Muyango Claudine yihenuye ku irushanwa rya miss Rwanda ryamumenyekanishije

 

Uyu mugabo yavuze kandi ko igihugu cye kizakorana n’abafatanya bikorwa babishaka, kandi ko nta muntu uzigera agiheza nk’uko ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi bushaka kubigenza. Yavuze ko igihugu kimwe kidashobora kwigarurira isi muri iki gihe.

 

Mukomeze mujye mudusura mwisomera amakuru agezweho kurubuga rwacu ndetse munasoma inkuru ndende IBANGO RY’IBANGA y’uruhererekane irungu rishire burundu. Turabakunda!

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Email: info@imirasiretv.com

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops! Paji uri gushakisha ntabwo ibashije kuboneka