Kuri uyu wa 14 gicurasi nibwo hamenyekanye amakuru y’umwana w’umukobwa wigaga ku kigo cya Ecole de science de Musanze, witabye Imana mu kigo bikavugwa ko yari yimwe urushushya rwo kujya kwivuza iwabo ariko bakamusaba kwivuriza muri infirmerie y’ikigo bikaza kumuviramo urupfu rwamenyekanye nyuma y’amasaha atatu apfuye.

 

Kuri uyu wa 15 gicurasi 2023, babinyujije ku rukuta rwabo rwa twiter, urwego rw’ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umuforomokazi witwa Nyiramugisha Jeanne wari ushinzwe kwita ku bana muri iki kigo cy’amashuri, akaba afungiye kuri stasiyo ya RIB ya Muhoza mu karere ka Musanze mu gihe iperereza rigikomeje ngo hamenyekane icyishe uwo mwana nyirizina.

 

Uyu mwana w’umukobwa witabye Imana yari afite imyaka 12 y’amavuko, bivugwa ko yasabye uruhushya ngo ajye kwivuza akarwimwa akaza gupfira mu ishuri.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.