Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yasobanuye impamvu intebe nyinshi zagaragaye zitarimo abantu mu mikino ya mbere y’Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’uko amashusho yakwirakwijwe agaragaza imyanya myinshi itarimo abafana.
Ibi byagaragaye cyane mu mukino wahuje Koreya y’Epfo na Czechia wabereye muri Guadalajara muri Mexique. Nubwo amashusho yerekanaga imyanya myinshi itarimo abantu, FIFA yatangaje ko abantu 44,985 bari muri stade ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 45,664.
Mu itangazo ryayo, FIFA yavuze ko imibare y’abitabiriye umukino ishingira ku matike yemejwe ku marembo no ku bantu bari muri stade, aho gushingira ku myanya igaragara kuri televiziyo.
FIFA yagize iti: “Abafana benshi baba bari mu nzira zinyuramo abantu, aho kuguma mu myanya yabo mu gihe cyose umukino uri kuba. Ni yo mpamvu hari igihe kamera zifata imyanya isa n’itariho abantu kandi stade irimo abafana benshi.”
Iki kibazo cyaje gikurikira impaka nyinshi zerekeye ibiciro by’amatike by’Igikombe cy’Isi. Mu ntangiriro, itike ihendutse yari yashyizwe ku madolari 140, mu gihe ayo kwinjira ku mukino wa nyuma yari atangira ku madolari 8,680.
Nyuma yo kunengwa n’abafana, FIFA yaje gushyira hanze amatike make ya 60$ yagenewe abafana basanzwe banyuze mu mashyirahamwe y’ibihugu byabo.
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yavuze ko nubwo hari impaka ku biciro, Igikombe cy’Isi cya 2026 cyakomeje kwakira ubusabe bwinshi bw’amatike.
Yatangaje ko hamaze kugurishwa amatike arenga miliyoni esheshatu, ashimangira ko amafaranga yinjizwa asubizwa mu iterambere ry’umupira w’amaguru ku Isi yose.
Nubwo FIFA yatanze ibisobanuro, bamwe mu bafana bakomeje kwibaza niba ibiciro bihanitse by’amatike bitari mu byatumye hari imyanya yagaragaye idafite abantu muri imwe mu mikino ya mbere y’iri rushanwa rikomeye ku Isi.