Abakobwa benshi usanga n’iyo yakunda umuhungu ku rwego rwo hejuru kwerura ngo avuge ijambo “Ndagukunda” biragorana ku buryo abigira ibanga ku geza wowe umuhungu uvuze cyangwa akabireka burundu. Tugiye kurebera hamwe imyifatire y’umukobwa wakunze umuhungu ariko akabigira ibanga.

 

1.Niwe ukwandikira mbere

Nubwo biba bitamenyewe ko umukobwa ari we wandikira umuhungu mbere nyamara usanga uyu mukobwa ari we wandika ubutumwa mbere, ukabona araguhamagaye, mbese ukabona ko ari we uri kugira uruhare mu kuba mwavugana, ariko nyamara ibi n’ubwo abikora aba yitwaje ibindi ntabwo yerura.

 

2.Atangira ku gufuhira

Uyu mukobwa akunda ku gufuhira nyamara nawe ntamenye impamvu yabyo. N’ubwo muba mudakundana buri gihe uko muvuganye uzajya wumva avuze mo interuro zo gufuha, yigereranya n’abandi kuri wowe ndetse avuga ko ari wowe utamubonera umwanya.

 

3.Aba ashaka kumarana igihe kinini nawe

Nk’abantu bakundana birazwi ko baba bagomba guhana igihe bakagira umwanya bamarana, uyu mukobwa nawe aba ashaka kumarana igihe nawe kuko aragukunda kandi ni wowe muntu yishimira. Niba mukora hamwe bazabaha akazi ngo mugakorane uzabona ko bimushimishije cyan, icyo gihe nawe uzafatirane amahirwe.

 

4.Uyu mukobwa agira ubwoba iyo muri kumwe

Iyo haramutse habayeho nk’impamvu ituma muhura mukamarana umwanya, nko mukazi, iyo akwegereye ubona adatuje afite ikibazo cyo kukureba ku buryo ushobora no kwisanga wanamubajije niba afite ikibazo,ndetse iyo muri kumwe biri mu bimushimisha ni nabwo yumva atuje ariko ntashobore kugaragaza amarangamutima ye.

Ivomo; torizone

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

©2021-2024 IMIRASIRE TV Ltd. All Right Reserved