Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), kibinyujije muri Zone ya 3 ya Gisirikare iyoborwa na Gen. Pacifique Masunzu, i Kisangani, mu Ntara ya Tshopo, cyatangaje ko abarwanyi 30 ba M23, bishyize mu maboko y’igisirikare nyuma yo gutoroka. Nk’uko igisirikare kibitangaza, hafashwe izindi nyeshyamba 15 za M23 zarafashwe.

 

 

Ku wa Gatatu, itariki ya 24 Nzeri, mu kiganiro n’itangazamakuru, Major Nestor Mavudisa, umuvugizi wa zone ya gatatu ya gisirikare, yavuze ko uku kwitandukanya na M23 ari ingaruka zatewe no “gufatwa nabi” haba ku rugamba ndetse no mu bigo by’amahugurwa bya Nyangezi na Rumangabo.

 

 

Ati: “Buri munsi utambuka, icyicaro gikuru cya zone ya gatatu ya gisirikare cyandika aba M23 bitanze baturutse muri Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo. Itsinda riheruka kutugeraho rigizwe n’abitanze 30 n’abasirikare 15 bafashwe barimo kwitabwaho n’Ingabo za DRC, hubahirizwa amategeko agenga imyitwarire, n’uburenganzira bwa muntu”.

 

FARDC ivuga ko kubera ko batagishoboye kwihanganira gufatwa nabi, umurwanyi wa M23 yavuze ko yajyanywe ku gahato mu mutwe w’inyeshyamba, avuga ko ngo atahemukira kandi ko yiteguye gukorera igihugu.

 

Umwe muri bo ngo yagize ati: “Nafashwe ninjizwa mu gisirikare ku gahato. Twari mu myitozo. Aho, twafashwe nabi. Nta myenda, nta biryo. Twakubitwaga igihe cyose babishakiye. Nishimiye kuba ndi hano hamwe na FARDC”.

 

FARDC ivuga ko muri aba bantu bitanze harimo abana babiri bato, ikaba yabijeje ko bazitabwaho neza mbere y’uko abayobozi ba gisirikare bafata ibyemezo bindi.

 

Abanyekongo batandukanye kuri X banze kwemera aya makuru bafata nk’ikinamico, aho bamwe babaza ukuntu FARDC ihora ibereka abarwanyi ba AFC/M23 yafashe ariko ntibashe kubereka n’umudugudu n’umwe yabohoje.