Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, agace ka Nzibira kari mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo karamukiyemo imirwano ikaze, ubwo ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije n’abasirikare b’u Burundi ndetse n’abarwanyi bo mu ihuriro rya Wazalendo, bagabaga igitero gikomeye kigamije kwisubiza aka gace kari  mu maboko ya M23.

 

 

Amakuru aturuka mu baturage batuye hafi aho avuga ko intwaro ziremereye ari zo zirimo gukoreshwa cyane muri iyi mirwano, ndetse hanakoreshejwe drones mu bikorwa byo kugaba ibitero .

 

 

Abasesenguzi bavuga ko Nzibira ari agace k’ingenzi mubyagisirikare ndetse n’ubukungu gakomeye. Ku ruhande rumwe, gafasha ugafite kugenzura neza Umujyi wa Uvira, umujyi ukomeye mu burasirazuba bwa Congo. Ku rundi ruhande, gafite inzira zihuza na Shabunda ndetse kakaba gafite ikibuga gikoreshwa n’indege nto za gisirikare (drones). Ikindi kandi, inzira zinyura i Nzibira zishobora gufasha M23 kugera i Kalemie mu Ntara ya Tanganyika, ikintu Kinshasa idashaka na gato.

 

 

Ibi bituma Leta ya RDC n’abo bafatanyije baharanira kongera gufata Nzibira, kugira ngo bayirukaneho M23 ndetse bayibuze kwagura imipaka y’uduce imaze kwigarurira.

 

Umutwe wa M23 wafashe Nzibira ku Cyumweru gishize, nyuma yo gutsinsura ingabo za Leta n’abambari bayo bari bahari. Nyuma y’iminsi mike gusa, uyu mutwe wakoze inama n’abaturage, uvuga ko wafashe ako gace kubera ko kari kabaye ibirindiro byo gutegurirwamo ibitero bigabwe ku birindiro byawo.

 

 

Kugeza ubu, nta makuru arambuye aratangazwa ku bishobora kuba byangiritse cyangwa se ku mibare y’abaguye mu mirwano, gusa urusaku rw’imbunda ziremereye rukomeje kumvikana muri ako gace.