Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryaraye rigabye ibitero mu duce dutuwe two muri Teritwari za Rutshuru na Lubero rikoresheje indege na za drones z’intambara.

 

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko biriya bitero by’ubugizi bwa nabi byaturukaga mu mijyi ya Bujumbura mu Burundi na Uvira muri Kivu y’Amajyepfo.

 

 

Kanyuka yavuze ko biriya bitero “byatwaye ubuzima bw’abasivile benshi b’inzirakarengane”, binatuma abaturage bava mu byabo ku bwinshi.

 

 

Amafoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana inzu nyinshi z’abaturage zagiye zisenywa na biriya bitero bya Sukhoi-25 na drones za FARDC.

 

Ibitero byo mu ijoro ryacyeye birakurikira ibindi byinshi Ingabo za Leta ya RDC zimaze iminsi zigaba mu duce dutandukanye tw’intara za Kivu y’Amajyaruguru ndetse n’iy’Amajyepfo.

 

 

 

Kuri ubu umutwe wa AFC/M23 uravuga ko bijyanye n’ariya makuba Kinshasa ikomeje gutera abaturage, ibona igomba “kuhagoboka mu rwego rwo kurinda no kurokora ubuzima bw’inzirakarengane ubu bugome”.