Intambwe ifatika imaze guterwa mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 14 Ukwakira 2025, Guverinoma ya Congo n’umutwe w’inyeshyamba wa AFC / M23 bashyize umukono ku masezerano ku buryo bwo kugenzura ihagarikwa ry’imirwano.
Uyu muhango wabereye imbere y’abunzi ba Qatar kimwe n’abafatanyabikorwa benshi bo mu karere ndetse n’amahanga bagira uruhare mu gushakisha igisubizo cy’amahoro ku makimbirane.
Uhagarariye Perezida Félix Antoine Tshisekedi, Sumbu Sita Mambu, yasinye amasezerano mu izina rya Guverinoma ya Congo, mu gihe René Abandi, umuyobozi mukuru w’abashyikirana ku ruhande rw’inyeshyamba, yasinye mu izina rya AFC / M23.

Ukurikije ibikubiye muri ayo masezerano, ubu buryo bwo kugenzura buzashingwa gukurikirana, kugenzura, no gutanga raporo ku kurenga ihagarikwa ry’imirwano rishobora kuba.
Ikigamijwe ni ugukumira imirwano iyo ari yo yose no guteza imbere ikizere hagati y’impande zombi.