Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 bifite ingingo nyinshi bitarumvikanaho ku irekurwa ry’imfungwa nubwo tariki ya 15 Nzeri 2025 byashyize umukono ku nyandiko yo kwemeranya kuzirekura.
Uwo munsi, AFC/M23 na Leta ya RDC byumvikanye ko Komite Mpuzamahanga y’umuryango Croix Rouge (ICRC) ari yo izashakisha izi mfungwa, ndetse ikagenzura amakuru azerekeyeho, inafashe impande zombi kuzihererekanya.
Nyuma y’ukwezi impande zombi zumvikanye, zibifashijwemo na Leta ya Qatar, nta mfungwa n’imwe irarekurwa, ahubwo zikomeje gushinjanya kurenga ku gahenge mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Tariki ya 13 Ukwakira 2025, intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC zasubiye muri Qatar kugira ngo ziganire ku ngingo yo kubahiriza agahenge no guhererekanya imfungwa, mbere yo kwinjira mu cyiciro kizerekeza ku masezerano y’amahoro.
Icyo kubahiriza agahenge cyo cyahawe umurongo kuko impande zombi zagiranye amasezerano yo gushyiraho urwego ruhuriweho ruzagenzura uko kubahirizwa. Mu bazaba barugize hazaba harimo umuhuza n’indorerezi.
Ku kibazo cy’imfungwa, urutonde rwazo ntiruranoga, aho zimwe ziherereye ntiharamenyekana, ndetse hari n’izigifite dosiye zitararangira mu bijyanye n’amategeko. Mu gihe ibi byose bitarakemuka, kuzihererekanya ntibyashoboka.
Ubwo ingingo yo kubahiriza agahenge yari imaze gushyirwa ku ruhande tariki ya 14 Ukwakira, hatangiye ibiganiro bigamije gukemura imbogamizi ku irekurwa ry’imfungwa, kandi biteganyijwe ko bishobora kumara iminsi igera ku 10.
Umuhuza n’indorerezi zirimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ntibatuje, kuko bashaka ko ibi biganiro bitanga umusaruro vuba, cyane ko intego bari barihaye yo gusinya amasezerano y’amahoro bitarenze muri Kanama 2025 ntiyagezweho.
AFC/M23 yatanze urutonde rw’imfungwa Leta ya RDC igomba kurekura. Zirimo abanyamuryango bayo nka Eric Nkuba Shebandu wabaye umujyanama wa Corneille Nangaa n’abakekwaho kuba abanyamuryango bayo.