“Ariko ntabwo turi mu rusengero. Mu rusengero ni ho bavuga ko uramutse ukubiswe urushyi ku itama ry’ibumoso, utanga n’itama ry’iburyo. Ntidushobora gukomeza kurebera iteka ibitero n’ubushotoranyi ntacyo dukora”, ibi ni bimwe mu byatangajwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Major Sylvain Ekenge mu kiganiro cyihariye yagiranye na Deutsche Welle kuwa Gatanu.

 

Ingabo za Congo n’inyeshyamba za AFC/M23 zikomeje gushinjanya kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano. Mu kiganiro na Gen. Sylvain Ekenge, Umuvugizi w’Ingabo za Congo, yashimangiye ko AFC-M23 ari yo irenga ku masezerano.

 

Yabajijwe kugira icyo avuga ku biherutse gutangazwa na AFC / M23 ivuga ko “batazakomeza kwihanganira ibitero bya Kinshasa.”

 

Sylvain Ekenge yasubije agira ati: “Twagiye twitondera amasezerano dusinya. Turayubaha ijambo ku rindi. Igihe cyose, AFC / M23 ni yo irenga ku gahenge. Nabivuze inshuro nyinshi.”

 

Ku kijyanye no kuba nyamara AFC / M23 ishinja FARDC gutera ibisasu ku birindiro byayo, Sylvain Ekenge yagize ati: “Ariko ntabwo turi mu rusengero. Mu rusengero ni ho bavuga ko uramutse ukubiswe urushyi ku itama ry’ibumoso, utanga n’itama ry’iburyo. Ntidushobora gukomeza kurebera iteka ibitero n’ubushotoranyi ntacyo dukora. Baravuga ngo tubatera ibisasu, nibo baza kudushotora, tugasubiza. Ntabwo tuzabareka ngo babikore.” Yongeyeho ko ibintu ari bibiri, ari ugushaka amahoro cyangwa bakabyihorera.

 

Yabajijwe kandi ku kibazo cya FDLR no gutaha kwabo nk’uko byemeranyijwe mu itangazo ry’amahame hagati y’u Rwanda na RDC.

 

Sylvain Ekenge ati: “FDLR yasubije umuhamagaro w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

DW iti: “Bashaka kwiyegurira MONUSCO, ariko bakavuga ko inzira yafunzwe?

 

Sylvain Ekenge yasubije ati: “Ni abandi bababuza kwitanga. Uyu munsi, dukwiye no kwibaza aho FDLR iri? Bari mu gace karimo u Rwanda hamwe na AFC / M23, cyane cyane muri Teritwari ya Rutshuru. Kandi barashaka kwitanga, ariko babujijwe kubikora.”

 

Yabajijwe impamvu babuzwa kwitanga avuga ko atabizi avuga ko ari ikibazo cyabazwa abababuza ariko ntiyavuga abo ari bo. Ni mu gihe FDLR yo mu itangazo ryayo nyuma y’umuhamagaro wa FARDC yavuze ko yashatse kwishyikiriza MONUSCO yitambikwa n’Ingabo z’u Rwanda hatazwi ukuntu zageze mu nzira zayo.

 

Yabajijwe uko ibintu byifashe muri Uvira aubiza ko ibintu biri mu biganza bya FARDC kandi hashyizwe abayobozi bashya b’ingabo batangiye imirimo yabo.

 

Ikiganiro cyasojwe n’ikibazo cya ba ofisiye benshi ba FARDC bamwe baregwa kuba bafitanye isano na AFC / M23, abandi bafatanya na Joseph Kabila, abazwa icyo yabivugaho, avuga ko ari ikibazo cyasubizwa n’ubutabera we nta makuru ahagije agifiteho.