Abantu basaga 200 bo muri Kenya barimo kurwana ku ruhande rwa Russia mu ntambara iri kubera muri Ukraine, kandi hari abandi bashobora kongerwa mu mirwano, nk’uko byatangajwe n’inzego z’igihugu.

 

Muri abo barimo n’abahoze mu nzego z’umutekano za Kenya, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi.

 

Bamwe mu bakuweyo basanze barakoreshwaga mu gukora drones no mu gufata no gukoresha imiti ikomeye nta mahugurwa n’imyenda ibarinda bafite, nk’uko Mudavadi yabivuze.

 

Perezida William Ruto aherutse gusaba ubuyobozi bwa Ukraine gufasha abo Banyakenya bafatiwe mu mirwano kugira ngo barekurwe.

 

Bivugwa ko abaturage bagera ku 1,400 bo muri Afurika bari kurwana ku ruhande rwa Russia muri Ukraine, bamwe bakaba barashutswe ngo bajyeyo nk’uko Guverinoma ya Ukraine yabivuze mu cyumweru gishize.

 

Umukinnyi w’imikino ngororamubiri wo muri Kenya yafatiwe muri Ukraine muri Nzeri, avuga ko yashutswe ngo yinjire mu gisirikare cya Russia.

 

Ambasade ya Kenya i Moscow yatangaje ko hari bamwe mu barwanyi bakomerekeye ku rugamba, kandi ko bari barasezeranyijwe amafaranga agera kuri $18,000 (asaga miliyoni 26 Frw) ngo bazishyure viza, urugendo n’amacumbi.

 

Mudavadi yongeyeho ko Guverinoma ya Kenya ihangayikishijwe n’uko Abanyakenya benshi bagenda bashorwa mu bikorwa by’ubwicanyi, ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge n’uburetwa mu bihugu by’amahanga.

 

Mu kwezi kwa Nzeri, inzego za Kenya zakijije Abanyakenya barenga 20 bari hafi kujya ku rugamba rwa Russia-Ukraine hafi y’umurwa mukuru, Nairobi.

 

Umuntu umwe ukekwaho kuba ari mu bategura ibikorwa byo gushora Abanyakenya muri iyi ntambara yafashwe, ubu akaba akurikiranywe n’ubutabera.

 

BBC yatangaje ko ifite ibimenyetso bigaragaza ko Kremlin (ubuyobozi bwa Russia) iri kongera kugerageza kwagura ingufu zayo muri Afurika.

 

Muri Afurika y’Epfo, hatangiye iperereza ku buryo abaturage 17 b’icyo gihugu basanze bari mu gace ka Donbas muri Ukraine.