Minisiteri y’umutekano mu gihugu cya Tanzania na UNHCR kuva kuwa Kabiri, itariki ya 11 Ugushyingo 2025, bashyize ahagaragara urutonde rurerure rw’impunzi z’Abarundi, zisabwa kwiyandikisha kugira ngo basubire iwabo mbere y’itariki ya 30 Ugushyingo.

 

Ku kibaho gishyirwaho amatangazo, ii byakiranwe uruvange rwo kwiheba no guhagarika umutima mu mpunzi z’Abarundi zahungiye muri Tanzania.

 

Impunzi zimwe zagaragaje ko zatunguwe no kubona impunzi hafi ya zose ziri mu nkambi zategetswe kwiyandikisha kugira ngo zicyurwe mbere y’uko uku kwezi kurangira. Umuyobozi w’umuryango w’Abarundi avuga ko iri tangazo ryashyizwe mu Giswahili, Ikirundi, n’Icyongereza, ryemeje ko iki cyemezo kigamije gucyura impunzi ku gahato.

 

Izi ntonde zerekanwe bwa mbere muri Zone I, II, III, IV, V, na VII mbere yo gukwirakwizwa mu nkambi n’Umuryango DRC (Danish Refugee Counsil), umuryango utegamiye kuri Leta ukorana na UNHCR nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Medias Burundi ikomeza ivuga.

 

Ibibazo bitavugwaho rumwe

 

Muri Gicurasi umwaka ushize, ibibazo byinshi byabajijwe mu nkambi z’impunzi muri Tanzaniya. Buri Murundi yasabwaga kongera gusaba ubuhunzi no kwerekana impamvu zatumye bamara igihe kinini muri iki gihugu. Ibi bibazo byavuzwe ko ari uburyo bwo gusuzuma “ibikenewe n’ubushake” bwo gukomeza kurengera impunzi mu rwego mpuzamahanga, cyari cyamaze gutera kutavugwaho rumwe no gukeka guhatira impunzi gutaha.

 

Gutaha ku bushake cyangwa ku mbaraga

 

Mu Kwakira umwaka ushize, uhagarariye UNHCR muri Tanzania, Barbara Bentum Williams Dotse, aherekejwe na Sudi Mwakibasi, umunyamabanga uhoraho ushinzwe impunzi muri minisiteri y’umutekano mu gihugu cya Tanzania, hamwe n’Uhagarariye u Burundi i Kigoma, Jérémie Kekenwa, batangaje ko mu gihe basuraga impunzi muri Nduta na Nyarugusu, basanze impunzi zirenga 97% zitagifite impamvu zifatika zo gutuma bagumana statut y’ubuhunzi, kubw’ibyo bakaba bagomba “gutaha ku bushake cyangwa ku ngufu. “