banner

Canada: Imvura yiganjemo urubura yateje ibura ry’amashanyarazi, amashuri arafungwa

Imvura nyinshi yiganjemo urubura yibasiye ibice bitandukanye muri Canada, bitera ibura ry’umuriro ku barenga 300.000, imihanda n’amashuri atandukanye birafungwa.

 

Imvura idasanzwe yiganjemo urubara yaguye muri Ontario, ituma ibiti byinshi n’amashami yabyo bigwa ku miyoboro y’amashanyarazi.

Ikigo gitanga amashanyarazi, Hydro One cyatangaje ko abakiliya barenga ibihumbi 360 bagizweho ingaruka n’ibura ry’amashanyarazi.

 

CNN yanditse ko hari gukorwa ibishoboka ngo basane ibyangiritse ariko bigateganywa ko amashanyarazi azasubiraho ku wa 1 Mata 2025.

Inkuru Wasoma:  Amafoto agaragaza ubwirakabiri bwabaye hirya no hino ku Isi

 

Polisi yatangaje ko mu mihanda yo mu burasirazuba bwa Ontario habaye impanuka 70, na ho mu Mujyi wa Kingston na Orillia hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera iyi mvura, hafungwa serivisi zimwe na zimwe za leta, ndetse abaturage basabwa kwirinda kujya ahegereye ibiti.

 

Amashuri amwe n’amwe yahisemo kuba afunze imiryango mu gihe imvura y’urubura rwinshi ikomeje kugwa n’ikibazo cy’umuriro kitarakemuka.

Canada: Imvura yiganjemo urubura yateje ibura ry’amashanyarazi, amashuri arafungwa

Imvura nyinshi yiganjemo urubura yibasiye ibice bitandukanye muri Canada, bitera ibura ry’umuriro ku barenga 300.000, imihanda n’amashuri atandukanye birafungwa.

 

Imvura idasanzwe yiganjemo urubara yaguye muri Ontario, ituma ibiti byinshi n’amashami yabyo bigwa ku miyoboro y’amashanyarazi.

Ikigo gitanga amashanyarazi, Hydro One cyatangaje ko abakiliya barenga ibihumbi 360 bagizweho ingaruka n’ibura ry’amashanyarazi.

 

CNN yanditse ko hari gukorwa ibishoboka ngo basane ibyangiritse ariko bigateganywa ko amashanyarazi azasubiraho ku wa 1 Mata 2025.

Inkuru Wasoma:  Amafoto agaragaza ubwirakabiri bwabaye hirya no hino ku Isi

 

Polisi yatangaje ko mu mihanda yo mu burasirazuba bwa Ontario habaye impanuka 70, na ho mu Mujyi wa Kingston na Orillia hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera iyi mvura, hafungwa serivisi zimwe na zimwe za leta, ndetse abaturage basabwa kwirinda kujya ahegereye ibiti.

 

Amashuri amwe n’amwe yahisemo kuba afunze imiryango mu gihe imvura y’urubura rwinshi ikomeje kugwa n’ikibazo cy’umuriro kitarakemuka.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!